Umunyamakuru Wa Flash Arabagwa Mu Mutwe

Umuyobozi wa Radio Flash&TV mu Karere ka Nyagatare witwa  Issa Kwigira yabwiye Taarifa ko ubuzima bw’umunyamakuru yakoreshaga witwa John Gumisiriza bugeze ahabi nyuma y’uko abaganga b’i Kanombe basanze hari igufa ryo mu mutwe ryangijwe n’ikaro yakubiswe n’abagizi ba nabi.

Kwigira avuga ko kuri uyu wa Gatatu taliki 01, Werurwe, 2023 ari bwo  umubyeyi wa Gumisiriza n’inshuti ze bamujyanye mu bitaro by’u Rwanda bya gisirikare by’i Kanombe, bamucisha mu cyuma.

Basanze hari igufa rye ryangijwe n’ikaro abagizi ba nabi bamukubise mu ijoro ryo ku wa kabiri ubwo yari avuye mu kazi kuri radio.

Abaganga b’i Kanombe bavuze ko uriya munyamakuru agomba kubagwa kugira ngo harebwe uko icyo kibazo cyakosorwa.

- Advertisement -

John Gumisiriza arwariye i Kanombe arwajwe n’umubyeyi we.

John Gumisiriza ararembye
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version