Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamerika Yanduye Imbasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunyamerika Yanduye Imbasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2022 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo utatangajwe amazina niwe Munyamerika wa mbere wanduye imbasa mu myaka irenga 10 ishize. Kuba uriya mugabo yanduye iriya ndwara isa n’iyacitse ku isi ni ikintu cyatumye abakora mu nzego z’ubuzima bikanga.

Bafite impungenge ko virusi itera imbasa yaba yagarukanye imbaraga zidasanzwe.

Uwanduye ni umwe mu baturage ba Leta ya New York w’ahitwa Rockland County.

Imbasa ituma imitsi n’imikaya  bitakaza ubushobozi bwo gukora. Ni ibyo bita  paralysis.

Inzego z’ubuzima zivuga ko bishoboka ko uriya mugabo atigeze akingirwa iriya ndwara akiri umwana.

Umunyamerika waherukaga kandura iriya virusi yagaragaye mu mwaka wa 2013.

Mu myaka ya 1950 imbasa yigeze guca ibintu muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yanduza abantu benshi.

Guverinoma yahise itangiza umurimo wamaze igihe wo gukingira abaturage k’uburyo mu mwaka wa 1955 hafi ya bose bari barakingiwe imbasa.

Imyaka yakurikiyeho yatumye ubwandu bw’imbasa bujya hasi k’uburyo mu mwaka wa 1979 imbasa yafatwaga nk’iyarangiye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Imbasa ni indwara ikomeye kuko iyo itishe uwo yafashe, ishobora kumumugaza burundu.

Abana b’Abanyamerika bahabwa urukingo rw’imbasa inshuro enye. Urukingo rwa mbere baruhabwa bafite amezi abiri.

Ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara n’ibyorezo kitwa US Center for Diseased Control and Prevention kivuga ko abana b’Abanyamerika bakingirwa imbasa inshuro enye.

Amakuru y’uko uriya muturage yanduye imbasa yatumye inzego z’ubuzima zo muri kiriya gihugu zitangiza gahunda yo gukingira abaturage.

Yatangiye kuri uyu wa Gatanu taliki 22, ikazarangira taliki 25,Nyakanga, 2022.

Ku isi ahantu hakigaragara imbasa kurusha ahandi ni muri Afghanistan na Pakistan.

BBC yanditse ko mu Bwongereza n’aho ababyeyi basabwe kureba niba abana babo bose barafashe inkingo zuzuye z’imbasa, abatarazifashe bakabikora.

TAGGED:AmerikafeaturedImbasaIndwaraUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama Ku Bibazo Bya DRC Zirakomeje
Next Article ‘Umutekano Uhagaze Neza Mu Gihugu No Ku Nkiko Zacyo’-Minisitiri W’Umutekano Gasana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?