Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2021 6:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Freeman Mbowe uyobora Ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Tanzania ryitwa CHADEMA yaraye agejejwe imbere y’Urukiko rw’ibanze rw’i Kisutu muri Dar es Salaam ngo aburane ku cyaha cyo gushaka guteza imidugararo mu baturage binyuze mu gutegura imyigaragambyo.

Yafashwe tariki 12, Nyakanga, 2021 ubwo yari ari kumwe n’abanyamakuru mu kiganiro yari yateguye kugirana nabo ngo abagezeho imigambi ye yo guhamagararira abaturage kwigaragambya basaba ko hari impinduka zakorwa mu Itegeko nshinga

Icyo gihe yafatiwe i Mwanza.

Umwe mu miryango ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International yahise isohora itangazo ryamagana ifatwa rye.

Afatwa yari ari kumwe n’abandi banyapolitiki basangiye ishyaka bagera ku 10.

Umwe mu bahanga muri Politiki witwa Roland Ebole yabwiye RFI ko ifatwa rya Mbowe rishingiye ku mpamvu za Politiki.

Polisi  ya Tanzania yafashe uriya mugabo hamwe na bariya bantu batatu ibashinja ibyaha twavuze haruguru byakozwe hagati ya Gicurasi na Kamena, 2021.

Abavuga ko baharanira uburenganzira bwa muntu muri Tanzania bavuga ko ibyo gufunga abatavuga rumwe n’ishyaka riyoboye Tanzania bamaze iminsi bafatwa bagafungwa ariko nyuma bakaza gufungurwa.

Batanga urugero rw’umunyamakuru ukora inkuru zicumbuye witwa Eric Kabendera wafunzwe akaza gufungurwa, bidateye kabiri akongera gufungwa akaza nanone gufungwa, bityo bakavuga ko Tanzania ibikora igamije kubasiragiza no kubahungabanya mu mutwe kugira ngo bareke ibyo bakora.

 Roland Ebole avuga ko ubu ari bwo buryo buri gukoreshwa mu gucecekesha Bwana Freeman Mbowe.

Kuri uyu wa Kane tariki 05, Kamena, 2021 mu bice bimwe na bimwe bya Tanzania hataganyijwe imyigaragambyo yo kwamagana ifatwa rya Freeman Mbowe no gusaba ko arekurwa ‘nta yandi mananiza.’

TAGGED:featuredKabenderaMboweTanzaniaUmunyapolitikiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagororwa Hafi 4800 Barimo Abahamijwe Kwikuramo Inda Bafunguwe
Next Article Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?