Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2025 4:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nzayirata Etienne uherutse gutsinda abo bahari bahanganye mu irushanwa ryiswe WAKA
SHARE

Nzayirata Etienne uherutse gutsinda abo bahari bahanganye mu irushanwa ryiswe WAKA The Fittest 2025 ryahuje abo mu Karere u Rwanda ruherereyemo agiye kuruhagararira mu Misiri.

Asanzwe akina umukino wo guterura ibiremereye bikozwe mu ngeri nyinshi, ibyo bita Crossfit.

Uwukina aba agomba guterura ibyuma mu buryo butandukanye, burimo kuba agaramye, asutamye, yunamye cyangwa ari mu yindi mimerere ibimwemerera.

Yabwiye Taarifa Rwanda ko ubwo yarushanwaga na bagenzi be mu ntangiriro z’Ukwakira, 2025, yabatsinze barimo abo mu Rwanda, abo mu DRC n’abo muri Uganda, yegukana umudali wa zahabu.

Abanyarwanda n’abo muri DRC bo ngo yabatsinze rugikubita, asigara ahatanye n’uwo muri Uganda ariko nawe aramuhigika.

Ni umudali yatwaye abo bari bahanganye bo mu Rwanda, DRC no muri Uganda.

Nyuma yo gutsinda, yahise abona uburyo bwo kuzajya guhagararira u Rwanda mu minsi mike iri imbere mu marushanwa azabera mu Misiri.

Ati: “ Iri ni irushanywa rikomeye ngiye gukora ku nshuro ya mbere rizabera mu Misiri ryitwa ELFIT Championships Finals rizamara iminsi itatu. Nakoze amajonjora kuri murandazi, aho batoranya aba mbere 45 baturutse mu bihugu bitandukanye by’Afurika.”

Avuga ko uyu mukino awumazemo imyaka ine yatumye awugiriramo ibigwi ku buryo asigaye awutoza abandi.

Akiri muto yateruraga ibyuma mu buryo busanzwe aza kuzamura urwego aho arangirije Kaminuza mu mwaka wa 2021.

Muri uwo mwaka yarahuguwe, ahabwa amasomo amufasha no kuba yawutoza abandi.

Ubushakashatsi yakoreraga kuri murandasi bwamweretse uko muri Amerika bawukira, abona gushyiraho umwete ngo agere ku rwego rwabo.

Imbere mu Rwanda yahakinnye amarushanwa menshi harimo irushanwa ryitwa Kigali Fit Throwdwon ritegurwa na ikigo cy’imyotozo kitwa Kigali Fit akaba ameze gutsinda inshuro ebyiri ni ukuvuga iyo mu mwaka wa 2022, n’iyo mu mwaka wa  2024.

Yitabiriye amarushanwa rya “Genocide Memorial Tournament 2024” mu kiciro ya Olympic Weightlifting naho ahaba uwa mbere.

Ashimira umutoza we

Ku byerekeye irushanwa azitabira mu Misiri, yabwiye Taarifa Rwanda ko ari kuritagurana umutima we wose.

Ati: “Ni irushanywa kuri njye nita ko ari uburyo bwo kwerekana amahanga ko mu Rwanda dushoboye iyi siporo ya CrossFit ku rwego mpuzamahanga.”

Abifitemo imbogamizi

Avuga ko kwitabira irushanywa nkaryo ari iby’agaciro ariko akavuga ko afite ubushobozi buke bwo kuzabona uko agera mu Misiri akahamara iriya minsi kuko amikoro ashobora kumubaya iyanga.

Asanga bizagorana kuko muri iyo minsi itatu azaba akeneye kubaho kandi ari kumwe n’umutoza we.

Asaba uwagira ubushobozi ko yamwunganira akazahagararira neza igihugu cye iyo mu Misiri.

Nzayirata ati: “ Nzajyanayo ishema no kwiyemeza gutsinda gusa mfite imbogamizi z’ubushobozi buke bw’amikoro yazamfasha njye n’umutoza kubona indyo ikwiye ku muntu uterura ibyuma, kurara muri hoteli z’igihugu nka Misiri muri iriya minsi yose. Hagize untera inkunga yaba agize neza.”

Yifuza ko uwagira icyo amurushije uwo ari we wese yamwunganira kuko n’iminsi yo gukina iri kwegereza buhoro buhoro.

Avuga ko haramutse hari ushatse kumufasha yabicisha ku rubuga rwa murandasi yahanze yise ‘teamrwanda.com’.

Etienne Nzayirata asaba urubyiruko kwita ku buzima bwarwo rukirinda ibisindisha n’ibindi bituma abantu bacika intege, ubuzima bukaba bubi.

Asanga siporo ari kimwe mu byabafasha kuzagera ku ntego biyemeje nibatabibangikanya n’ibindi birangaza.

TAGGED:GuteruraIbyumaIrushanwaMisiriUmudali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo
Next Article Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?