Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Wabaye Mu Ngabo Z’u Bufaransa Agacyura Igihe Ashima Ko Ashaje Neza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Wabaye Mu Ngabo Z’u Bufaransa Agacyura Igihe Ashima Ko Ashaje Neza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2022 1:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

( Rtd) Sergeant Major Ignance Muhatsi ni Umunyarwanda uri mu kiruhuko cy’izabukuru. Avuga ko kuba akuze akaba agandera ku mbago nk’umuntu mukuru ntacyo yicuza kuko ubusore  bwe yabukoresheje neza arwanira igihugu yabagamo ari cyo u Bufaransa.

Yabivugiye mu muhango wo kuzirikana uko u Budage bwatsinzwe mu Ntambara ya Mbere y’isi yarangiye mu mwaka wa 1918.

Muhatsi avuga ko u Bufaransa bwamwakiriye  mu gihe yari impunzi muri Uganda ariko akaza kuhahunga kubera umutegetsi w’aho witwaga Milton Obote atashakaga Abanyarwanda.

Ati: “ Urabona, Obote wa kabiri yirukanye Abanyarwanda abagarura i Rwanda kandi icyo gihe nari ndangije stage y’amashuri nari naragiyemo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muhatsi avuga ko nyuma yo kubona ko Obote ari kwirukana, Abanyarwanda yaje gusanga kugaruka mu Rwanda byaba ari ukwiyahura kubera ko ubutegetsi bwariho muri icyo gihe bitifuzaga ko bamwe mu Banyarwanda barubanamwo na bagenzi babo.

Yaje gufata umwanzuro wo kujya mu ngabo z’u Bufaransa. Avuga ko yagiye mu gisirikare cy;u Bufaransa mu mayeri kuko yagendanaga ibyangombwa bya HCR.

Mu ngabo z’u Bufaransa yahakoze igihe aza kujya mu kiruhuko cy’izabukuru mu mwaka wa 1996.

Yagiye mu ngabo z’u Bufaransa mu mwaka wa 1981.

Ignace Muhatsi avuga ko mu mwaka wa 1996 ubwo yageraga mu Rwanda yakoze akandi kazi ariko ntiyongera gufata indi pansion kuko yari asanganywe iy’u Bufaransa.

- Advertisement -

Ni umuturage wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gikondo.

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Bwana Antoine Anfré wari umushyitsi mukuru muri kiriya gikorwa, yasomye ubutumwa bugenewe za Ambasade zose z’u Bufaranda ku isi bwoherejwe na Minisitiri w’ingabo za kiriya gihugu.

Ni ubutumwa bwagarukaga ku butwari bw’ingabo zari zigize ikitwaga Entente cyarimo n’u Bufaransa zagaragaje mu ntambara bwarwanaga n’u Budage.

Anfré yavuze ko ubuzima bw’abasirikare b’u Bufaransa baguye ku rugamba bugomba guhora bwibukwa.

Ku rundi ruhande ariko ngo ubu abahoze barwana ubu babanye neza kandi noneho bafite umugambi umwe wo kurwanira ikindi gihugu kigenzi cy’Abanyaburayi cyugarikwe n’u Burusiya.7

Amb Antoine Anfre

Ambasaderi Antoine Anfré yavuze ko kuba uriya munsi wizihirijwe mu Rwanda nyuma y’igihe kirekire bitaba kubera umubano utari mwiza, ari ikimenyetso kiza cy’uko umubano hagati ya Kigali na Paris umeze neza.

Taliki 11, Ugushyingo, 1918 nibwo impande zari zihanganye ku rugamba zicaye  ahitwa Le Francport hafi y’ahitwa Compiègne basinya amasezerano yo guhagarika intambara,  imirwano haba ku butaka, mu kirere no muzi igahagarara.

Nyuma haje kuza andi masezerano yatumye intambara ihagarara mu buryo budasubirwaho yiswe Paris Peace Agreement.

Abahanga mu mateka bavuga ko intambara y’isi yahitanye abasirikare bagera kuri Miliyoni 10.

Imwe mu nyandiko zikubiyemo amasezerano y’amahoro yasinywe nyuma y’Intambara ya mbere y’isi yarangiye mu mwaka wa 1918
TAGGED:AmbasaderiBufaransafeaturedImpunziRwandaUgandaUmusaza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Basanze Uruhinja Mu Ishyamba Baruhataye
Next Article Abaminisitiri Bashinzwe Gukorera Abaturage Bitari Mu Magambo Gusa- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?