Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda ‘Yakoze Uruganda’ Rukora Inzoga Itemewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umunyarwanda ‘Yakoze Uruganda’ Rukora Inzoga Itemewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2021 6:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu karere ka Nyagatare haherutse gufatirwa umuturage witwa Phocus Nkurikiyingoma ukurikiranyweho gushinga uruganda rukora inzoga itujuje ubuziranenge yise Umuneza. Litiro 1400 bamusanganye barazimennye.

Uyu muturage asanzwe atuye mu kagari ka Gahurura mu Murenge wa Rukomo.

Umuvugizi  wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko Nkuriyingoma yari amaze ibyumweru birenga bibiri akora kiriya kinyobwa  kandi nta byangombwa  afite  bitangwa n’Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge(RSB).

Nk’uko bikunze kugenda kenshi, abaturage nibo bahaye Polisi amakuru y’uko uriya mugabo akora kiriya kinyobwa, bituma Polisi itangira kubikurikirana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

CIP Twizeyimana yagize ati: “  Gufatwa kwa Nkuriyingoma kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage batubwiye ko bamaze iminsi babona za moto zijya mu gipangu uriya mugabo yakoreragamo zigakurayo ibintu batazi. Twahise dutegura igikorwa cyo kumufata.”

Avuga ko  Nkuriyingoma yafatiwe ahantu  mu gipangu  kiri ahantu hadakunda kugera abantu  mu rwego rwo kwihisha ubuyobozi.

Yavuze ko ibintu uriya mugabo yavangavangaga akora kiriya kinyobwa n’uburyo yabikoraga bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abakinywa.

Ati:  “ Nkuriyingoma amaze gufatwa yavuze ko mu gukora kiriya kinyobwa(Umuneza) yacaniraga amazi agashyiramo Tangawizi, isukari ikaranze yabaye ikivuge, Ubuki n’indi misemburo. Yarangiza akabibika ahantu(agatara)  nyuma y’iminsi 3 agashyira mu macupa ya Pulasitike akajya kubiranguza mu bakiriya be.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko ruriya ruvange rw’ibintu akoramo iriya nzoga bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’umuntu wabinyoye, cyane ko nta nzego z’ubuzima cyangwa urwego  rw’Igihugu rutsura ubuziranenge rwabipimye ngo zimwemerere gucuruza icyo kinyobwa.

- Advertisement -

Polisi ivuga ko uriya mugabo iyo yarangizaga gukora kiriya kinyobwa  yajyaga kuzicuruza  mu Karere ka Gatsibo na Kayonza.

Ibinyobwa bya Nkuriyingoma byahise bimenwa nawe ajyanwa mu buyobozi bw’umurenge acibwa amande hakurikijwe amategeko ndetse n’aho yakoreraga harafungwa.

Urwego rw’Igihugu rutsura ubuzirange(RSB) rukangurira abantu kujya bihutira kumenyekanisha ibyo bagiye gukora mbere y’uko bijya ku isoko kugira ngo uru rwego rusuzume  ko  icyo kinyobwa cyangwa ikiribwa kitazagira ingaruka ku buzima bw’abantu.

RSB ivuga ko amwe mu mabwiriza agomba kugenderwaho harimo nko  kugaragaza izina ry’igicuruzwa, kugaragaza aho gikorerwa, kugaragaza ingano yacyo (litiro cyangwa Mililitiro), kugaragaza ibipimo by’imisemburo wakoresheje, itariki y’igihe icyo gicuruzwa kizatakariza agaciro n’igihe cyakorewe, amabwiriza yo kubika icyo gicuruzwa n’uko gipfunyikwa n’ibindi bitandukanye.

Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

TAGGED:CIPfeaturedInzogaNyagatareUmunyarwandaUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakobwa 37 Bazahiganwa Ubwiza n’Ubwenge muri Miss Rwanda 2021
Next Article Abatuye Gakenke Bagiye Kubona ‘Indi Mihanda’ Ya Kaburimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?