Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2021 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pacifique Nshizirungu wari umaze igihe aba mui Uganda yishwe mu buryo bw’amayobera n’abantu bitwaje imbunda, bamusanze kuri sitasiyo ya lisansi mu gace ka Kiryandongo, arimo guha serivisi abakiliya.

Uyu musore yishwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu ahagana saa mbili z’ijoro, mu bwicanyi ibimenyetso bigaragaza ko bwagizwemo uruhare n’Urwego rwa gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, nk’uko amakuru ava muri Uganda abivuga.

Nshizirungu yiyongereye mu bandi Banyarwanda bamaze kuvutswa ubuzima n’inzego za Uganda, mu gihe abandi bagiye bakorerwa iyicarubozo ryabaviriyemo ubumuga.

Amakuru ahamya ko abamurashe bari bamwegereye, ku buryo yahise yitaba Imana.

Abatangabuhamya bavuze ko Nshizirungu yari umusore witonda kandi wubahiriza amategeko, ariko aza kuraswa ari mu kazi ke ko gutanga ibikomoka kuri peteroli.

Yabanaga na Nyina na mushiki we.

Hashize igihe kinini Abanyarwanda bibasirwa cyane muri Uganda, kugeza ubwo u Rwanda rwageze aho rusaba abaturage barwo bose guhagarika kujya muri Uganda.

Benshi bafatwa bashinjwa kuba muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko cyangwa ko ari intasi z’u Rwanda.

Ni ibyaha bafungirwa muri kasho zitazwi, bagakorerwa iyicarubozo nyamara ntibazigere bagezwa imbere y’inkiko, ahubwo bakajugunywa ku mupaka w’u Rwanda ari intere.

Ni mu gihe u Rwanda rushinja Uganda gushyigikira imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo FDLR, RUD Urunana, P5 na FLN, ikabasha kwinjiza abarwanyi ndetse bagafashwa kujya mu myitozo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Hari amakuru ko benshi mu Banyarwanda bahohoterwa hari ubwo Uganda iba itabashira amakenga kubea imigambi yayo yo gufasha imitwe y’iterabwoba.

Minisiteri y’Imari ya Amerika iheruka gufatira ibihano bijyanye n’imari Major General Abel Kandiho uyobora CMI, ashinjwa ko we n’abandi ba Ofisiye bafashe, bagafunga ndetse bagahohotera mu buryo bubabaza umubiri abantu batandukanye muri Uganda.

Mu itangazo ryayo igira iti: “CMI yibasiye abantu hagendewe ku bwenegihugu bwabo, ibitekerezo bya politiki cyangwa ko banenga Guverinoma ya Uganda.”

N’ubwo mu nyandiko ya Amerika nta na hamwe havugwa u Rwanda, kuba hari abantu bibasiwe hagendewe ku bwenegihugu bishobora guhuzwa n’inkuru z’Abanyarwanda bakomeje guhohoterwa muri Uganda, bagafungwa nyuma bakarekurwa batanagejejwe imbere y’inkiko.

Inyandiko ya Amerika ikomeza iti: “Abantu bajyanywe muri kasho, bafungwa kenshi hadakurikijwe amategeko, muri kasho za CMI aho bakubitwa bikabije n’abakozi ba CMI bagakorerwa n’ibindi bibabaje birimo kubahohotera bishingiye ku gitsina no kubakubitisha amashanyarazi, kenshi bikavamo ubumuga bw’igihe kirekire n’urupfu”

“Muri uko gufungwa, abafashwe bafungirwaga ahantu ha bonyine badashobora kuvugana n’inshuti, umuryango cyangwa abunganizi mu mategeko. Rimwe na rimwe Kandiho ubwe yagize uruhare mu kuyobora abandi mu guhata ibibazo imfungwa.”

Ni ibirego byinshi bisa n’ibyakomeje gukorerwa Abanyarwanda muri Uganda.

TAGGED:CMIfeaturedKandihoRwandaUgandaUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhugura Abaturage Mu Kwirinda Inkongi Byageze No Mu Bitaro
Next Article Perezida Kagame Yashyizeho Minisitiri Mushya Ushinzwe Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?