Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yarasiwe Muri Uganda Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2021 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pacifique Nshizirungu wari umaze igihe aba mui Uganda yishwe mu buryo bw’amayobera n’abantu bitwaje imbunda, bamusanze kuri sitasiyo ya lisansi mu gace ka Kiryandongo, arimo guha serivisi abakiliya.

Uyu musore yishwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu ahagana saa mbili z’ijoro, mu bwicanyi ibimenyetso bigaragaza ko bwagizwemo uruhare n’Urwego rwa gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, nk’uko amakuru ava muri Uganda abivuga.

Nshizirungu yiyongereye mu bandi Banyarwanda bamaze kuvutswa ubuzima n’inzego za Uganda, mu gihe abandi bagiye bakorerwa iyicarubozo ryabaviriyemo ubumuga.

Amakuru ahamya ko abamurashe bari bamwegereye, ku buryo yahise yitaba Imana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abatangabuhamya bavuze ko Nshizirungu yari umusore witonda kandi wubahiriza amategeko, ariko aza kuraswa ari mu kazi ke ko gutanga ibikomoka kuri peteroli.

Yabanaga na Nyina na mushiki we.

Hashize igihe kinini Abanyarwanda bibasirwa cyane muri Uganda, kugeza ubwo u Rwanda rwageze aho rusaba abaturage barwo bose guhagarika kujya muri Uganda.

Benshi bafatwa bashinjwa kuba muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko cyangwa ko ari intasi z’u Rwanda.

Ni ibyaha bafungirwa muri kasho zitazwi, bagakorerwa iyicarubozo nyamara ntibazigere bagezwa imbere y’inkiko, ahubwo bakajugunywa ku mupaka w’u Rwanda ari intere.

- Advertisement -

Ni mu gihe u Rwanda rushinja Uganda gushyigikira imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo FDLR, RUD Urunana, P5 na FLN, ikabasha kwinjiza abarwanyi ndetse bagafashwa kujya mu myitozo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Hari amakuru ko benshi mu Banyarwanda bahohoterwa hari ubwo Uganda iba itabashira amakenga kubea imigambi yayo yo gufasha imitwe y’iterabwoba.

Minisiteri y’Imari ya Amerika iheruka gufatira ibihano bijyanye n’imari Major General Abel Kandiho uyobora CMI, ashinjwa ko we n’abandi ba Ofisiye bafashe, bagafunga ndetse bagahohotera mu buryo bubabaza umubiri abantu batandukanye muri Uganda.

Mu itangazo ryayo igira iti: “CMI yibasiye abantu hagendewe ku bwenegihugu bwabo, ibitekerezo bya politiki cyangwa ko banenga Guverinoma ya Uganda.”

N’ubwo mu nyandiko ya Amerika nta na hamwe havugwa u Rwanda, kuba hari abantu bibasiwe hagendewe ku bwenegihugu bishobora guhuzwa n’inkuru z’Abanyarwanda bakomeje guhohoterwa muri Uganda, bagafungwa nyuma bakarekurwa batanagejejwe imbere y’inkiko.

Inyandiko ya Amerika ikomeza iti: “Abantu bajyanywe muri kasho, bafungwa kenshi hadakurikijwe amategeko, muri kasho za CMI aho bakubitwa bikabije n’abakozi ba CMI bagakorerwa n’ibindi bibabaje birimo kubahohotera bishingiye ku gitsina no kubakubitisha amashanyarazi, kenshi bikavamo ubumuga bw’igihe kirekire n’urupfu”

“Muri uko gufungwa, abafashwe bafungirwaga ahantu ha bonyine badashobora kuvugana n’inshuti, umuryango cyangwa abunganizi mu mategeko. Rimwe na rimwe Kandiho ubwe yagize uruhare mu kuyobora abandi mu guhata ibibazo imfungwa.”

Ni ibirego byinshi bisa n’ibyakomeje gukorerwa Abanyarwanda muri Uganda.

TAGGED:CMIfeaturedKandihoRwandaUgandaUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guhugura Abaturage Mu Kwirinda Inkongi Byageze No Mu Bitaro
Next Article Perezida Kagame Yashyizeho Minisitiri Mushya Ushinzwe Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?