Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora Ikigo Cy’Indangamuntu Cya Benin
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yashinzwe Kuyobora Ikigo Cy’Indangamuntu Cya Benin

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2023 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pascal Nyamulinda wigeze kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yahawe inshingano zo kuyobora Ikigo cya Benin gishinzwe gutanga indangamuntu.

Icyemezo kimuha izi nshingano cyafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yaraye ibereye i Cotonou( Umurwa mukuru wa Benin) iyobowe na Perezida w’iki gihugu Nyakubahwa Patrice Talon.

Perezida wa Benin Nyakubakwa Patrice Talon(Ifoto@Presidence du Benin)

Nyamulinda asimbuye Gougbédji.

Ikigo azayobora kitwa Agence Nationale d’Identification des Personnes (ANIP).

Uwo yasimbuye yari asanzwe  ari Umunyamabanga mukuru wungirije wa Guverinoma, akaba yari muri uwo mwanya kuva mu 2021.

Akiba mu nshingano mu Rwanda, Nyamulinda yakoze imirimo myinshi.

Mu mwaka wa 2017 yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali asimbuye Monique Mukaruliza .

Icyo gihe Mukaruliza yari amaze kugirwa Ambasaderi w’ u Rwanda i Lusaka muri Zambia.

Mu  mwaka umwe urenzeho amezi make, yareguye.

Hari muri Mata 2018.

Mbere y’izi nshingano yayoboye Ikigo gishinzwe Irangamuntu (NIDA) kuva mu mwaka wa 2007 kicyitwa Umushinga w’Irangamuntu, kugeza ku wa 3 Gashyantare 2017.

ANIP yashyizweho n’itegeko ryo muri Kamena 2017, ihabwa inshingano zo kwegeranya imyirondoro n’amakuru y’irangamimerere by’abaturage bose ba Bénin, haba mu nyandiko zifatika no mu ikoranabuhanga, kandi amakuru yabo akaba arinzwe neza.

Nk’umuntu wabikozemo imyaka myinshi Nyamulinda  yitezweho umusanzu ukomeye muri aka kazi.

 

TAGGED:BéninIndangamuntuNyamulindaPascalUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hari Abarimu B’Amateka Basimbuka Aya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Umunyemari Mironko ‘Yatutse’ Urukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?