Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yatanze Umunya Uganda Wari Umuzaniye Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yatanze Umunya Uganda Wari Umuzaniye Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 February 2021 12:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Hulbert wo mu Ntara ya Kabare yafatiwe mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Kivuye azaniye Umunyarwanda urumogi rupima ibilo 20. Yabwiye itangazamakuru ko uwari wamuhamagaye ari we wamutanze, Polisi iramufata.

Uyu mugabo witwa Tirigwe Hubert avuga ko ari ubwa mbere yari azanye urumogi mu Rwanda, akavuga ko yari yaruzanye arangiwe isoko n’Umunyarwanda wo mu Karere ka Gicumbi.

Yari yasezeranyijwe ko azishyurwa Frw 220 000, ariko afatwa bataramwishyura.

Tiringwe ati: “Navuganye n’umugabo ansaba ko namuzanira itabi, twemeranya ko turi buhurire mu gace bita tampo akampa amafaranga nibwo bahise bamfata.”

Avuga ko muri Mutarama, 2021 aribwo atangiye gucururiza urumogi mu Rwanda ariko akavuga ko mbere hari undi mwana waje kurufata muri Uganda.

Tirigwe Hubert wasubizaga mu Rukiga yavuze ko iwabo urumogi barwita ‘Inzayi.’

Abajijwe niba yumva ko ibyo yakoze ari icyaha asubiza ko ikibi cyamubayeho ari uko yafashwe.

Ati: “ Uwankoresheje icyaha ni uwaje ambwira ko ari umuguzi ariko akanteza abashinzwe umutekano bakamfata.”

Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera avuga ko uriya mugabo yari agemuye ibiyobyabwenge ku nshuro ya kabiri, kandi ngo no ku nshuro ya mbere yarafashwe.

Avuga ko ibiyobyabwenge byinjira mu Rwanda biturutse mu bihugu bituranye narwo ariko akemeza ko bifite isoko mu Rwanda cyane cyane mu rubyiruko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko Polisi ihora ifata abinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda kandi ngo ikibazo si uko ibifatwa bingana, ahubwo ngo n’iyo hakwinjira ikilo kimwe ubwabyo ni ikibazo ku mutekano n’ubuzima bw’Abanyarwanda.

Itegeko riteganya ibyaha n’amategeko abihana mu Rwanda riteganya ko umuntu uwo ari wese uhinga, ugemura, cyangwa ugurisha ibiyobyabwenge mu kindi gihugu iyo abihamijwe n’urukiko ashobora guhanishwa imyaka iri hagati ya 20 na 25, agacibwa n’ihazabu iri hagati ya Miliyoni Frw 50 na Miliyoni Frw 20.

Ubushakashatsi Taarifa yakoze bwerekana ko hegitari imwe yeraho toni 18 z’urumogi, bivuze ko  urumogi rufite ibilo 20 rwahinzwe ku buso bungana na metero kare 11.

 

TAGGED:featuredKaberaPolisiRwandaUgandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri ‘Kigali Guma Mu Rugo’ Nacuruzaga Amafi- Amag The Black
Next Article Gereza Yarankosoye:P-Fla
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?