Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora I&M Bank Rwanda Plc
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora I&M Bank Rwanda Plc

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi ya Bank ya I&M Bank Plc iherutse guterana itora ku bwiganze ko Umunyarwanda Benjamin Mutimura ari we muyobozi w’iyi Banki.

Azatangira imirimo ye taliki 01, Nyakanga, 2023.

Mutimura azi imikorere ya za Banki kubera ko yamaze igihe kirekire ashinzwe ubucuruzi muri Banki ya Kigali.

Yakoraga akazi bita Chief Commercial Officer (CCO).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku buyobozi bwa I&M Bank asimbuye Robin Bairstow, wahawe izindi nshingano muri iyi banki ariko zizatangazwa mu gihe kitarambiranye.

Bairstow avuye muri iyi banki ayikoreye akazi gakomeye mu gihe cy’imyaka irindwi amaze ayiyobora.

Yayoboye uburyo bushya iyi banki yakoreshaga bwitwa Finacle Core Banking System ndetse atuma iyi banki yubaka icyicaro cyayo mu Mujyi wa Kigali kiri mu byihariye mu myubakire kurusha ibindi.

Robin Bairstow yagize uruhare mu kwimakaza ikoranabuhanga mu bakiliya n’abakozi ba I&M Bank Rwanda binyuze mu kubitsa cyangwa kubikuza amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Iyi mikorere yatumye Banki yayoboraga ihabwa ibihembo bitandukanye birimo ibikombe bishimangira imikorere yayo iboneye.

- Advertisement -

Mutimura nawe ntiyoroshye!

Amaze imyaka 16 akora mu rwego rw’amabanki kandi icyo gihe cyose yagize uruhare mu guteza imbere ibigo yakoreraga.

Yatangiye gukorera I&M Bank Rwanda mu mwaka wa 2007, ashinzwe imizamukire y’imari ya Banki, abo bita Development Finance Officer .

Bidatinze yabaye umuyobozi muri iyi banki ushinzwe inguzanyo, arazamuka kugeza abaye umuyobozi ushinzwe imikorere ya banki yose, uwo bita Corporate and Institutional Banking Officer.

Mu mwaka wa 2020 nibwo yagiye muri Banki ya Kigali.

Yize iby’ubukungu muri Kaminuza y’i Louvain La Neuve& Namur mu Bibiligi, ariko akaba yari asanganywe indi mpamyabumenyi yo muri ubu bumenyi yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda mbere y’uko ajya mu Bubiligi.

Afite n’ibindi bigwi mu byo gucunga imari n’umutungo.

Perezida w’Inama y’ubutegetsi ya I&M Bank Rwanda witwa Bonaventure Niyibizi avuga ko we na bagenzi bizeye neza ko Benjamin Mutimura azakora neza inshingano ze kandi akazamura banki.

Umuyobozi wa I&M Bank mu karere u Rwanda ruherereyemo witwa Kihara Maina nawe avuga ko nta kabuza Mutimura azageza banki ku rwego iharanira kugeraho mu karere.

Yaba we(Maina) ndetse na Perezida w’Inama y’ubutegetsi y’iyi Banki mu Rwanda, Bonaventure Niyibizi, bashima umurimo Robin yakoze kandi bakemeza ko Mutimura azakomereza muri uwo mujyo.

TAGGED:BankifeaturedI&MImariInamaKaminuzaMutimuraPerezidaRwandaUbutegetsiUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikawa Yose Itunganyirizwa Mu Rwanda Igomba Kuba Ari Nziza Hejuru Ya 80%
Next Article Abayobozi Muri Afurika Barajya ‘Kuryoshyaroshya’ Putin Na Zelensky
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?