Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora I&M Bank Rwanda Plc
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora I&M Bank Rwanda Plc

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi ya Bank ya I&M Bank Plc iherutse guterana itora ku bwiganze ko Umunyarwanda Benjamin Mutimura ari we muyobozi w’iyi Banki.

Azatangira imirimo ye taliki 01, Nyakanga, 2023.

Mutimura azi imikorere ya za Banki kubera ko yamaze igihe kirekire ashinzwe ubucuruzi muri Banki ya Kigali.

Yakoraga akazi bita Chief Commercial Officer (CCO).

Ku buyobozi bwa I&M Bank asimbuye Robin Bairstow, wahawe izindi nshingano muri iyi banki ariko zizatangazwa mu gihe kitarambiranye.

Bairstow avuye muri iyi banki ayikoreye akazi gakomeye mu gihe cy’imyaka irindwi amaze ayiyobora.

Yayoboye uburyo bushya iyi banki yakoreshaga bwitwa Finacle Core Banking System ndetse atuma iyi banki yubaka icyicaro cyayo mu Mujyi wa Kigali kiri mu byihariye mu myubakire kurusha ibindi.

Robin Bairstow yagize uruhare mu kwimakaza ikoranabuhanga mu bakiliya n’abakozi ba I&M Bank Rwanda binyuze mu kubitsa cyangwa kubikuza amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Iyi mikorere yatumye Banki yayoboraga ihabwa ibihembo bitandukanye birimo ibikombe bishimangira imikorere yayo iboneye.

Mutimura nawe ntiyoroshye!

Amaze imyaka 16 akora mu rwego rw’amabanki kandi icyo gihe cyose yagize uruhare mu guteza imbere ibigo yakoreraga.

Yatangiye gukorera I&M Bank Rwanda mu mwaka wa 2007, ashinzwe imizamukire y’imari ya Banki, abo bita Development Finance Officer .

Bidatinze yabaye umuyobozi muri iyi banki ushinzwe inguzanyo, arazamuka kugeza abaye umuyobozi ushinzwe imikorere ya banki yose, uwo bita Corporate and Institutional Banking Officer.

Mu mwaka wa 2020 nibwo yagiye muri Banki ya Kigali.

Yize iby’ubukungu muri Kaminuza y’i Louvain La Neuve& Namur mu Bibiligi, ariko akaba yari asanganywe indi mpamyabumenyi yo muri ubu bumenyi yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda mbere y’uko ajya mu Bubiligi.

Afite n’ibindi bigwi mu byo gucunga imari n’umutungo.

Perezida w’Inama y’ubutegetsi ya I&M Bank Rwanda witwa Bonaventure Niyibizi avuga ko we na bagenzi bizeye neza ko Benjamin Mutimura azakora neza inshingano ze kandi akazamura banki.

Umuyobozi wa I&M Bank mu karere u Rwanda ruherereyemo witwa Kihara Maina nawe avuga ko nta kabuza Mutimura azageza banki ku rwego iharanira kugeraho mu karere.

Yaba we(Maina) ndetse na Perezida w’Inama y’ubutegetsi y’iyi Banki mu Rwanda, Bonaventure Niyibizi, bashima umurimo Robin yakoze kandi bakemeza ko Mutimura azakomereza muri uwo mujyo.

TAGGED:BankifeaturedI&MImariInamaKaminuzaMutimuraPerezidaRwandaUbutegetsiUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikawa Yose Itunganyirizwa Mu Rwanda Igomba Kuba Ari Nziza Hejuru Ya 80%
Next Article Abayobozi Muri Afurika Barajya ‘Kuryoshyaroshya’ Putin Na Zelensky
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?