Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yavumbuye Agakoko Gashya Gatera Igituntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yavumbuye Agakoko Gashya Gatera Igituntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2023 9:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr.Jean Claude Semuto Ngabonziza ni Umyunyarwanda w’imyaka 40 y’amavuko. Aherutse kuvumbura ubwoko butari buzwi bw’agakoko gatera igituntu kandi avumbura n’uburyo bwo kukarwanya.

Ni ibintu avuga ko bihesha ishema u Rwanda.

Uyu muhanga mu binyabuzima n’imikorere yabyo akaba asanzwe ashinzwe ishami ry’ubushakashatsi mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, avuga ko igituntu ari imwe mu ndwara zandura zikunze kwibasira abaturage bo mu bihugu bikennye bitewe ahanini n’imibereho yabo.

Yaje gusanga agomba kubikoraho ubushakashatsi ngo arebe niba nta musanzu yatanga mu kurwanya iyi ndwara yandura kandi yica.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yo gukora ubushakashatsi bwimbitse, yaje kuvumbura ubwoko bwa munani(8) bw’agakoko gatera igituntu buzwi nka Lineage 8.

Niwe wabuvumbuye bwa mbere ku isi kuko nta handi bwari bwaranditswe mu bitabo by’abahanga.

Dr. Semuto avuga ko uretse ubushakashatsi ku gakoko gatera igituntu, yakoze ubundi bwagaragaje itandukaniro  mu buryo uburwayi bw’igituntu bwari busanzwe bupimwa bukavurwamo igituntu ku isi yose guhera mu mwaka wa 2010.

Dr.Jean Claude Semuto Ngabonziza ni Umyunyarwanda w’imyaka 40 y’amavuko

Avuga ko ubwo buryo bushya bwo gusuzuma mbere y’uko umurwayi atangira imiti bwatumye mu gihe habonekaga abafite igituntu cy’igikatu bagera ku 100 haboneka abari munsi ya 50.

Yemeza ko ibyo yageze ho muri ubwo bushakashatsi ari ishema ku Rwanda kandi bikaba intambwe ifatika mu buvuzi bw’igituntu.

- Advertisement -

Igituntu ni indwara yandura. Ikunze kwibasira abantu bafite ubudahangarwa buke kandi irica.

Igituntu kandi kigira amoko kuko hari n’igituntu cy’igikatu kica vuba.

Imibare y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC ivuga ko  buri mwaka mu Rwanda haboneka abarwayi bashya b’igituntu bagera ku 6,000 kandi 400 muri bo kikabahitana.

TAGGED:featuredIgituntuIndwaraMugangaRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amabuye Y’Agaciro N’Amasambu Niyo Mitungo Ikunze Guhishirwa Mu Rwanda
Next Article Urukiko Rwategetse Ibitaro Bya Faysal Kuriha Indishyi Ya Miliyoni Frw 105
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?