Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Butera Hope yagiye mu kiciro cya mbere cya Basket muri USA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umunyarwandakazi Butera Hope yagiye mu kiciro cya mbere cya Basket muri USA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2020 6:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Butera Hope usanzwe akinira ikipe y’abagore ya Basket mu Rwanda yitwa The Hoops yemerewe gukina mu kiciro cya mbere cya Basket y’abagore  muri USA. Yari asanzwe ari umwe mu bakobwa b’ibyamamare muri Basket y’u Rwanda. Gukina muri kiriya kiciro ntibyemererwa bose.

Hope Butera asanzwe aba muri USA aho yiga mu ishuri ryitwa South Georgia Technical College rib i Atlanta.

Butera ni umwe mu mpanga eshatu bavukanye ariko Nyina yitaba Imana akibabyara.

Izindi mpanga bavukana ni Butera Patience na Butera Faith. Abandi bavandimwe be ni Mutoni Justine, Gatete Ivan, Butera Francis na Butera Irene.

Yize amashuri y’inshuke muri SOS Kacyiru, ayitangira afite imyaka 3 (2004) aba ari naho akomereza amashuri abanza ayatangira afite imyaka 6 (2007).

Afite imyaka 13 (2014) nibwo yatangiye amashuri yisumbuye, ikiciro rusange akigira muri ES ELENA GUERRA i Muhanga.

Yayakomereje muri muri Lycée de Kigali /LDK, yiga Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’ Isi(History Economics and Geography/HEG).

Kwemererwa kujya mu kiciro cya mbere cya Basket muri USA si ibya bose…

Kugira ngo umukobwa yemererwe kujya mu kiciro cya mbere cya Basket y’abagore muri USA ni ibintu bigoye cyane.

Bivugwa ko 1.2% by’abakobwa 400 000 bakina basket muri USA ari bo bemererwa kujya muri kiriya kiciro.

Abemerewe kukicyamo bagomba kuba bafite ubuhanga bwinshi muri uriya mukino kandi bakaba biteguye kuwuha umwanya wabo munini.

Nibo bakobwa( abagore) baba ari abahanga muri uriya mukino muri USA yose.

Bakora imyitozo kenshi, kandi bagakurikiza gahunda zose zijyanye no kuba umukinnyi wa Basket mu kiciro cya mbere muri USA.

Kuri bo siporo bakora iba ari bwo buzima bwabo.

TAGGED:AbakobwaBasketButeraHoopsUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutetsi wamamaye mu Rwanda yatangije igikoni cy’ikawa
Next Article Kudakinisha abanyamahanga, kwirara…bimwe mu bituma APR FC itsindirwa i mahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nta Bwiteganyirize Bagira

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoIzamamazaMu Rwanda

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?