Abategetsi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’ab’u Burundi bumvikanye kongera gufungura umupaka ubahuza, ukaba wafunguwe kuri uyu wa Mbere Tariki ya 23 Gashyantare 2026, hagati y’imijyi ya Bujumbura na Uvira.
Imodoka n’abagenzi bahise bongera kunyura kuri uwo mupaka, ibintu byashimishije cyane abaturage b’ibihugu byombi bituranye.
By’umwihariko, abacuruzi bato bishimiye cyane iki cyemezo.
Ifungurwa ry’imipaka ya Kavimvira na Gatumba ryazaniye ihumure rikomeye abaturage ba Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bari bamaze igihe batagera i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, kuva aho umujyi wabo wigaruriwe by’agateganyo n’umutwe wa AFC-M23 ku wa 10 Ukuboza 2025.
Umwe mu bikorera ukomeye mu Ihuriro ry’Ubucuruzi muri Congo (FEC-Uvira), wasabye ko amazina ye atatangazwa, yavuze ko gufungura umupaka wa Kavimvira na Bujumbura bizaniye ihumure rikomeye cyane cyane abacuruzi bato bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Impamvu ni uko abenshi muri bo batunzwe n’ibicuruzwa biva mu Burundi.
Yagaragaje ko igihe umupaka wari ufunze byabateje ibibazo byinshi by’ubukungu n’imibereho mibi.
Icyakora, Ihuriro ry’Ibigo by’Ubucuruzi muri Congo (FEC-Uvira) ryagaragaje ko nubwo bishimiye ifungurwa ry’umupaka, hari impungenge z’uko hakiri ibibazo by’akajagari ku mipaka.
Basabye Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo kurwanya ruswa n’ikorwa ry’akazi ridakurikije amategeko, kugabanya serivisi nyinshi zidakenewe ku mupaka, no kubahiriza amabwiriza agena inzego zemerewe gukorera ku mipaka zonyine.
Uwo mucuruzi yanongeyeho ko kubera ko abaturage benshi babayeho mu bukene, hakwiye koroherezwa abambuka umupaka, kugabanywa imisoro n’amahoro basabwa n’ibindi bibaca intege.
Gufungura uyu mupaka kandi bifitiye akamaro kanini umujyi wa Bujumbura kuko abacuruzi benshi bato bakorera mu mujyi wa Uvira bacuruza ibicuruzwa by’ibanze n’abakora imirimo y’ubwubatsi, benshi muri bo bakomoka mu Burundi.
Umubano hagati ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’u Uburundi ushingiye ku mateka maremare y’ubutwererane n’imibanire y’abaturage ku mpande zombi.
Ibi bihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bikaba bifite intego yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa no guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Mu bukungu, Uvira na Bujumbura bifitanye isano rikomeye mu bucuruzi bw’ibiribwa, ibikoresho by’ubwubatsi, n’ibindi bicuruzwa by’ibanze.
Ifungwa ry’umupaka akenshi rigira ingaruka zikomeye ku baturage basanzwe, bigatuma ibiciro bizamuka n’ibicuruzwa ku masoko bikagabanuka cyane.

