Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umurambo Wa José Eduardo dos Santos Wagejejwe Muri Angola
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umurambo Wa José Eduardo dos Santos Wagejejwe Muri Angola

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege izanye umurambo wa José Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola wagejejwe i Luanda kugira ngo ashyingurwe. Yatabarutse Taliki 08, Nyakanga, 2022 aguye muri Espagne aho yari yaragiye kwivuza.

Umurambo we ukigera muri kiriya gihugu wahise ujyanwa aho yahoze atuye hitwa Miramar.

Niho umuryango we uba. Yasize umugore n’abana batatu.

Niho kandi abo mu muryango we n’inshuti zawo bari gukorera icyunamo bibuka ibyo yabakoreye akiriho.

José Eduardo dos Santos yategetse Angola mu myaka 38.

Gahunda yo kumushyingura ngo nayo iratangazwa mu gihe gikwiye.

Icyakora hari amakuru avuga ko ashobora kuzashyingurwa Taliki 28, Kanama, 2022.

Ni nayo Taliki yavukiyeho, akaba yaratabarutse afite imyaka 79.

Yari arwariye mu Bitaro biri i Barcelona muri Espagne nk’uko biherutse gutangazwa n’umugore we Ana Paula dos Santos.

Mu mwaka wa 2006 hari inyandiko yacicikanye hagati ya Ambasade ya Brazil muri Angola  na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya kiriya gihugu ivuga ko umusaza Santos yari afite cancer yamufashe mu bugabo.

Dos Santos yayoboye Angola guhera mu mwaka wa 1979  kugeza mu mwaka wa 2017.

TAGGED:AngolaPerezidaUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Yabyaye Abana Batatu Abura Amashereka Abahagije, Arasaba Ubufasha
Next Article Mu Mujyi Wa Kigali Barataka Ko ‘N’Amata’ Ahenze Cyane
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?