Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuraperi Danny Nanone YAFUNGIWE Gukubita Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umuraperi Danny Nanone YAFUNGIWE Gukubita Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2022 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuraperi Danny Nanone( amazina ye bwite ni Ntakirutimana Danny) kuri uyu wa Mbere Taliki 19, Nzeri, 2022 yaraye atawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umugore ‘k’ubushake.’

Uwo mugore afite imyaka 30 y’amavuko kandi amakuru avuga ko bari bafitanye amakimbirane.

Danny Nanone yahise ajya gufungirwa kuri Station ya RIB mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama.

Amategeko avuga ko gukubita cyangwa gukomeretsa k’ubushake gihanwa n’ingingo ya 121 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyo gihamye ugishinjwa akatirwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze itanu n’amafaranga y’u Rwanda atari ya  Frw 500,000  ariko atarenze Frw 1,000,000.

Ubugenzacyaha busaba Abanyarwanda kwirinda ibyaha nk’ibyo kandi bukihanangiriza uwo ariwe wese ukora icyaha  cyo gukubita k’ubushake.

Gukubita umuntu k’ubushake bisobanukirwa nk’igikorwa akenshi gikorwa k’ubushake bitewe n’uburakari.

Icyakora hari ubwo umuntu arakara ariko uburakari bwe akabugenzura.

Iyo ubwo burakari buherekejwe no gukubita, hari ubwo abagenzacyaha bajya gusuzuma niba ukurikiranyweho gukubita runaka atabitewe n’ikiyobyabwenge runaka.

Amakuru dufite avuga ko Danny Nanone nawe yajyanywe gusuzumwa niba ibyo yakoze ataba yabikoreshejwe n’ibiyobyabwenge.

Danny Nanone asanzwe yiga ishuri rya muzika ry’i Muhanga.

Yarahageze ashinga studio akoreramo umuzika.

Mu mezi ashize yigeze kujya muri Amerika.

Muri Mata, 2013, Danny Nanone nabwo yigeze gushinjwa kwambura umukobwa wari wagaragaye mu ndirimbo ye yise ‘Mbikubwire’.

Ni amafaranga byavugwaga ko yari bumuhembe kubera umurimo yari yakoze ubwo yagaragaraga muri iriya ndirimbo.

Icyo gihe IGIHE yanditse ko Danny Nanone yari yimye uriya mukobwa Frw 35,000.

Danny Nanone yarabihakanye avuga ko nta masezerano y’amafaranga yigeze agirana n’uriya mukobwa kuko ngo atari na we bavuganye ajya kumukoresha mu mashusho.

Ngo uwo mukobwa yavuganye n’uhagarariye itsinda ryitwa “Ubwiza ni Impano”.

TAGGED:DannyKicukiroNanoneRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tyson Wabaye Icyamamare Mu Iteramakofe Ku Isi Arwaye Indwara Imubuza Kugenda
Next Article Isi Iri Mu Kaga Gakomeye, Mwitege Ibizakurikira Ho- Antonio Guterres
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?