Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushinga Ukomeye Wa Donald Trump Watowe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umushinga Ukomeye Wa Donald Trump Watowe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2025 11:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Donald Trump yaraye atsinze ikindi gitego ubwo Inteko ishinga amategeko y’igihugu cye yatoraga umushinga w’itegeko rigena uko ubukungu buzaba bumeze.

Uwo mushinga yawise Big Beautiful Bill ukaba ahanini ushingiye ku kwaka imyenda izishyurwa mu gihe kirekire, Amerika ikirinda gukora ku mafaranga ari mu kigega cyayo.

Trump avuga ko uriya mushinga uzamufasha kugeza ku Banyamerika ibyo yabemereye mu mavugurura yo guteza imbere Amerika, ikaba igihangange nanone, Make America Great Again.

Ababisesengura bavuga ko nubwo umushinga we watowe, ku rundi ruhande, ugiye gukurura impaka n’ibibazo bizakomerera ishyaka rye, ndetse hari n’abadatinya kuvuga ko rishobora kutumvikana ku bintu bikomeye bizareba politiki ya Amerika mu myaka manda ye isigaje.

Intsinzi ya Trump yagezweho nyuma y’impaka ndende zamaze hafi iminsi itatu abagize Inteko batagoheka kugira ngo buri ruhande rwemeze abatora  icyo bakwiye gutora bemeza.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Amerika, Umutwe w’Abadepite, Mike Johnston yakoze uko ashoboye ubutaruhuka kugira ngo ibyo Shebuja yashakaga bitorwe.

Kimwe mu bikubiye muri iyo nyandiko ya paji 1000 ni uko hari Miliyaari $150 zizashorwa mu gukomeza umutekano wo ku mupaka, gutunganya za gereza no guha imbaraga abashinzwe abinjira n’abasohoka kugira ngo bakore akazi kabo neza.

Hari kandi ikindi cyo gushyiraho ubwirinzi bukomeye bwo mu kirere bise gold dome.

Abanyamerika barashaka kuguza, bakirinda gusohora amafaranga, Trump akizera ko ibyo bizazamura ubukungu bw’igihugu cye.

TAGGED:featuredTrumpUbukunguUmushingaUmusoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: RDF Yatashye Umuyoboro Uzaha Amazi Ingo 3,000
Next Article Kigali: Batangije Ikoranabuhanga Ricungira Hamwe Ubucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?