Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusirikare Mukuru Wa DRC Wavugwagaho Ubugambanyi Yaguye Muri Gereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umusirikare Mukuru Wa DRC Wavugwagaho Ubugambanyi Yaguye Muri Gereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2023 10:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Col Sérge Mavinga yaguye muri gereza ya Ndolo aho yari amaze amezi make afungiwe kubera ibyo yari akurikiranyweho birimo igikomeye cyo ‘gukorana n’umwanzi’.

Umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Afrikarabia gikurikiranira hafi ibibera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Christophe Rigaud yanditse ko mu Ukwakira, 2022 ari bwo Colonel Mavinga yatawe muri yombi.

Yari umuyobozi w’ingabo muri Rutshuru, akaba yarayoboraga batayo yitwaga ‘bataillon jungle’.

Iyi batayo yari ihanganye na M23 muri Rutschuru ariko ngo yaje kugambanira ingabo yari ayoboye bituma M23 ishobora kwinjira muri kariya gace kandi ubundi batayo ye yari ifite ibya ngombwa byose ngo iyikome imbere.

Hagati aho, hari umupolisi mukuru witwa Genéral Christian Paypay watawe muri yombi kuri uyu wa Mbere taliki 23, Mutarama, 2023 akurikiranyweho kugirana ibiganiro n’abayobozi ba M23 bahuriye i Kampala.

Ubuyobozi buvuga ko Paypay yari yasabye abamukuriye uruhushya rwo gusura umugore we.

Général Christian Paypay ashinjwa kuba icyitso

I Kampala ngo yahahuriye n’abayobozi ba M23 ndetse n’abo mu buyobozi bwa Uganda.

Icyakora hari abavuga ko ibyo aregwa ari urwitwazo rwa Politiki kugira ngo akurweho icyizere n’imbaraga yahabwaga n’ubuyobozi bw’i Kinshasa.

Général Christian Paypay ashinjwa kuba inyuma y’imidugararo ivugwa muri Maï-Ndombe.

TAGGED:ColCongofeaturedGeneralM23Umusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Abanyerondo Baravugwaho Kwiba Abaturage
Next Article Nyanza: Uwari Warakatiwe Burundu Yatorotse ‘Gereza’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?