Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusirikare Wa Uganda Yiyahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umusirikare Wa Uganda Yiyahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu basirikare ba Uganda witwa John Bakambera wari waratorotse igisirikare yiyahuye ‘arapfa’ aguye iwe ahitwa Rushongati, muri Kicumbi, mu Gace kitwa Kamuganguzi.

Amakuru atangwa na ChimpReports avuga ko uriya mugabo yari asanganywe uburwayi bwo mu mutwe, kandi ngo kuva mu mwaka wa 2010 yajyaga ava mu gisirikare ariko akongera akakigarukamo.

Yari yarashakanye n’uwitwa Florence Mbabazi ariko yapfuye batarabyarana.

Mbabazi yabwiye abapolisi ko ku wa Gatanu  yagiye kwita ku busitani bwabo, agarutse mu masaha ashyira igicamunsi asanga umugabo we yimanitse.

Avuga ko hari mu masaha agana saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe kwa muganga ngo usuzumwe hanyuma bawushyikirize benewabo, bamushyingure.

Kwiyahura: Ikibazo mu bashinzwe umutekano muri Uganda na Kenya…

Raporo z’imibereho myiza y’abaturage mu bihugu by’Afurika y’i Burasirazuba zivuga ko abashinzwe umutekano muri Kenya no muri Uganda bagira ikibazo cyo mu mutwe kubera ko akazi bakora gatuma badatuza kandi bagahora bahanganye n’abagizi ba nabi bakomeye.

Urugero ruheruka kwerekana ko gushingwa umutekano cyane cyane muri Kenya bigoye, ni urwabaye mu mpera z’umwaka wa 2021 ubwo umupolisi yarasaga abaturage biganjemo abamotari abakekaho kumusambanyiriza umugore.

Mbere yo kubarasa akabica, yari yabanje kwica umugore we.

Bivugwa ko abapolisi bo muri Kenya bahura n’akazi gakomeye cyane bigatuma biheba bamwe ‘bakiyahura’ cyangwa bakica abo bashinzwe kurinda.

Abaturage ba Kenya muri rusange n’ab’i Nairobi by’umwihariko ni abaturage bakunda akazi.

Kuri bo ifaranga nicyo kintu cya mbere kandi hari benshi bavuga ko bagomba kuribona hatitawe ku nzira byacamo iyo ari yo yose.

Ibi bituma abo benshi tuvuga bahitamo kwica amategeko ariko bakabona amafaranga.

Muri uko kwica amategeko, habamo no kwica abantu, guhohotera abakobwa n’abagore, ubucuruzi bw’intwaro n’ibiyobyabwenge n’ibindi byaha bituma Polisi ya Kenya ihora mu kazi kadashira.

Si umwihariko wa Kenya gusa kuko ngo no muri Uganda ari uko!

Abapolisi ba Kenya bivugwa ko hari ubwo akazi kabarenga bagasanga ibyiza ari ukwipfira bakavaho.

Iyo batirashe cyangwa ngo barase abandi bibaviremo gufungwa, baraswa n’abagizi ba nabi.

Ikinyamakuru The Star kivuga ko guhangayika( trauma) ari yo mpamvu ikomeye ituma abapolisi bo muri Kenya bagira imyitwarire iteye ubwoba.

Ibibazo byose sosiyete ya Kenya ifite umupolisi aba agomba kugira uruhare mu kubicyemura.

Ibi bituma ubuzima bwe buhora mu kaga.

TAGGED:AbapolisikaziAbasirikarefeaturedUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abapolisi Bakuru Basuye Minisiteri Y’Umutekano
Next Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Yahuye N’Uw’Ingabo Z’u Bufaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?