Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umutoza W’Amavubi Ati: “ Mbabajwe N’Uko Tuvuyemo Rugikubita”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umutoza W’Amavubi Ati: “ Mbabajwe N’Uko Tuvuyemo Rugikubita”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2022 1:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Carlos Alos Ferrar akaba umutoza mukuru w’Amavubi yabwiye itangazamakuru ko yababajwe no kuba Ikipe ye ivuyemo hakiri kare. Ni nyuma y’uko Amavubi atsinzwe na Ethiopia mu mukino wari buyajyane mu mikino ya CHAN izaba muri Mutarama, 2023. Kuri we ngo gutsindwa kw’Amavubi kwatewe  ni imyiteguro idahagije kuko nta mukino wa gicuti bigeze bakina ngo ubategurire kuzakina na Ethiopia.

Yavuze ko n’ubwo batsinzwe ariko intego bari bahagurukanye bajya mu mukino ubanza wabereye Dar es- salaam muri Tanzania yagezweho kuko yari ukugarira neza ntibatsindwe.

Abajijwe niba  kuba hari abakinnyi babanje mu kibuga kandi byagaragaraga ko imikinire yabo iri hasi, yasubije abanyamakuru ko we atari uko abibona.

Yahereye kuri Niyonzima Olivier Sefu  avuga ko yakurikiranye imikinire ye ubwo yakinaga Super Coupe  abona ari umukinnyi mwiza yakwifashisha.

Naho ku ruhande rwa  Rwatubyaye wari umaze igihe adakina kubera imvune, Carlos Alos Ferrar yavuze ko yagerageje kureba imikinire ye yifashishije ikoranabuhanga, abona nawe nta kibazo azateza.

Ndetse ngo no mu kibuga aho bakoreraga umwiherero,yabonaga ari ku rwego rwiza bityo ubunararibonye afite bwari bubafashe.

Yashimye uko Ethiopia yakinnye.

Ati: “Ethiopia ni ikipe nziza, ni ikipe nkuru ni ikipe ikomeye kandi imaze imyaka irenga ibiri abakinnyi bayo batorezwa hamwe. Kuba idukuyemo yari ibikwiriye gusa icyo nemera cyo ni uko natwe dufashe umwanya tugategura neza, hari byinshi byahinduka tukagera kure.”

#Huye here we are to support #AmavubiYacu #Amavubi #Rwanda 🇷🇼 pic.twitter.com/Rt1hs42kEP

— NKURANGA Alphonse (@Nkurangalphonse) September 3, 2022

Umutoza mukuru w’Amavubi avuga ko kugira ngo agere kure mu mikino mpuzamahanga, ari ngombwa ko ahabwa umwanya, agakina imikino ihagije itegura amarushanwa makuru.

Yavuze ko ntacyo yahindura igihe ibyo yavuze haruguru bitaba bikozwe kuko we icye ni ugutoza gusa.

TAGGED:AmavubifeaturedIkipeRwandaRwatubyayeUmutoza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Liz Truss: Undi Mugore Ugiye Kuba Minisitiri W’Intebe W’u Bwongereza
Next Article Ni Nde Ukwiye Kubazwa Iby’Ubucucike Bukabije Mu Magereza Y’U Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?