Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvuno Wa MINUBUMWE Mu Gutegura Abarangije Igihano Kubera Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Umuvuno Wa MINUBUMWE Mu Gutegura Abarangije Igihano Kubera Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2025 12:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana uyobora Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu avuga ko muri Werurwe 2025 abagororwa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazatangira gutegurirwa kuzabana n’abandi ubwo bazaba barangije igihano cyabo.

Abo bantu barimo ba ruharwa bakatiwe gufungwa imyaka 25 kuzamura.

Bizimana ati: “Abakoze Jenoside basigaye muri gereza ni abahawe ibihano bikomeye, bakatiwe hejuru y’imyaka 25 n’aba burundu. Barimo ba ruharwa batigeze bemera uruhare rwabo muri Jenoside, baticuza, badasaba imbabazi, bagitsimbaraye. Ariko hari n’abenshi cyane bateye intambwe bagororotse, bakeneye kumenya aho igihugu kigeze ngo bazashobore kubana n’abandi neza.”

Mu rwego rwo kubagorora, Minisiteri yateguye gahunda yo kubahuriza hamwe, igihe basigaje amezi nk’atatu kugira ngo barangize igihano.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri buvuga ko buzahuza abo bantu na bamwe mubo biciye bakaganira.

Bizabafasha kubategura kugira ngo igihe bazababona babarekuye batazakuka umutima.

Mu gihe cyatambutse, hari ubwo uwarokotse yabonaga uwamuhemukiye yafunguwe, akikanha akajya kubaza kuri Minisiteri uko byagenze ngo uwo muntu abe amubona hafi ye!

Bizimana yagize ati:… Ariko igihe bazaba bategujwe ko ya myaka igiye kurangira bakitegura kubana na bo, bizanabafasha igihe bageze aho bari batuye.”

MINUBUMWE ivuga ko yumvikanye n’Urwego rw’igihugu rushinzwe igororero ko bazajya bareba igororero babahahurizamo, bakaba ari ho bigishirizwa.

Bizakuraho impungenge z’abibazaga uko bizagenda mu kurekurira hafi mu gihe kimwe abagize uruhare muri Jenoside.

Eric Havigimana wo mu Karere ka Gisagara, umwe mu bari bafite izo mpungenge agira ati: “Singira masenge, singira bakuru banjye cyangwa bashiki banjye. Iyo mbonye icyototera gusubiza u Rwanda aho rwavuye mpita ngira igishyika, nkashaka gutabaza mu mbaraga zanjye. Rero uyu munsi numvise ko bimwe natekerezaga ko byakototera igihugu cyose, Leta y’Ubumwe yabitekerejeho.”

Yabwiye Kigali Today ko izo mpungenge yari afite ahanini zari uko hari abantu bakuru bagize uruhare muri Jenoside batahindutse

Yumvaga atewe impungenge n’abantu bakuru bazafungurwa, bakaba bacengeza mu bato ingengabitekerezo ya Jenoside.

Kuri ubu mu magororero yo mu Rwanda hari abafungiye icyaha cya Jenoside babarirwa mu bihumbi 22.

Muri bo harimo abagiye kurangiza ibihano n’abakatiwe burundu.

TAGGED:AbaturageBizimanafeaturedIgihanoJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umufaransa Yegukanye Tour Du Rwanda 2025
Next Article Intambara Ya Israel Na Hamas Ishobora Kubura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?