Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvuno W’Umwami Mswati III Wo Gusubiza Ibintu Mu Buryo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuvuno W’Umwami Mswati III Wo Gusubiza Ibintu Mu Buryo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2021 10:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gucubya uburakari bw’urubyiruko n’abarimu bo mu bwami bwe, umwami Mswati III wa Eswatini yashyizemo Minisitiri w’Intebe mushya. Ni uwitwa Cleopas Dlamini. Uyu mugabo yitezweho kuzashyiraho Guverinoma izafasha mu gutuma abaturage cyane cyane urubyiruko banyurwa n’imiyoborere y’igihugu cyabo.

Hashize hafi ukwezi mu bwami bwa Eswatini hari imyigaragambyo yatangijwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza bavugaga ko badashaka ubwami ahubwo bashaka Repubulika.

Ruriya rubyiruko rwavugaga  ko ubwami budakwiranye n’igihe isi igezemo kandi bagashinja ubwami gutegekesha igitugu no gusesagura umutungo w’igihugu.

Cleopas Dlamini yahoze ayobora Ikigo cya Eswatini cyo kuzigama kitwa Public Service Pension Fund.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ubwami bwa Eswatini buri mu Majyepfo y’
Umugabane w’Afurika

Agizwe Minisitiri w’Intebe wa buriya bwami nyuma ya Ambrose Mandvulo Dlamini witabye Imana mu Ukuboza 2020, akaba yari atarasimburwa.

Abatavuga rumwa na Leta ya Eswatini bavuga ko n’ubwo hagiyeho Minisitiri w’Intebe mushya, bitazababuza gukomeza gusaba ko mu gihugu haba impinduka, ubwami bukavaho hakayobora Repubulika.

Abarimu bo muri Kaminuza zo muri buriya bwami bibumbiy mu kitwa Swaziland National Association of Teachers (SNAT) bavuga ko n’ubwo Polisi ikomeje kubashushubikanya ibakwiza imishwaro, batazacika intege ahubwo bazakomeza gukorana n’abanyeshuri babo mu kwigaragambya.

Minisitiri w’Intebe mushya Cleopas Dlamini.

Abatuye e-Swatini y’ubu bahoze bafite igihugu kitwa Swaziland.

Ni izina ryakomotse ku baturage bo mu bwoko bw’aba Swazi, bahoze batuye igice kigizwe na Afurika y’Epfo y’ubu, Lesotho na e-Swatini.

- Advertisement -

Ubwo abatuye ibi bihugu bashakaga kwigenga, bamwe bashinze igihugu bakita Swaziland, abandi bashinga na Lesotho( aba Sotho).

Nta gihe kinini gishize umwami Muswati III ategetse ko izina Swaziland rivanwaho, ubwami bwe bukitwa e-Swatini.

Guhindura iri zina nabyo byateje urujijo mu baturage, batangira kwibaza impamvu zabyo ariko barabyemera kuko ari ‘irivuze umwami.’

TAGGED:EswatinifeaturedIntebeMinisitiriMswatiUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu 15 By’Afurika Harimo N’U Rwanda Birashaka Miliyari 100$ Yo Kwiyubaka
Next Article Amafoto: Gupimira Abaturage Mu Tugari, Min Gatabazi Yagiye Muri Kicukiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?