Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wa APR FC Yasubije Abafana Batariyumva Mu Mutoza Wayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa APR FC Yasubije Abafana Batariyumva Mu Mutoza Wayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2025 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Brig. Gen Rusanganwa Déo uyobora APR FC nka Chairman
SHARE

Brig. Gen Rusanganwa Déo uyobora APR FC nka Chairman yabwiye abafana b’iyi kipe ko abafuza ko umutoza wayo yirukanwa bakwiye kuba baretse kubitindaho kuko hari abatekinisiye bashinzwe kubisuzuma bakabifatira icyemezo.

Ibyo abafana basaba baraye babitewe ahanini n’uko ikipe yabo yaraye itsinzwe n’Amagaju FC igitego 1-0.

Bahise basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kwirukana umutoza Darko Nović.

Abafana ntibumva ukuntu batsindwa na Amagaju FC bityo bagasaba ko umutoza wayo asezererwa.

Icyakora ibyo basaba Chairman wa APR FC avuga ko ibyo abo bafana bashaka hari abazabisuzuma.

Brig Gen Déo Rusanganwa yabwiye IGIHE ati “Nibwo tukirangiza imikino ibanza ya Shampiyona, APR ifite abatekinisiye, nibo bazicara barebe niba umutoza adafite ubushobozi cyangwa ari abakinnyi”.

APR FC irangije imikino ibanza iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 31, iyo ihora ihanganye nayo ari yo Rayon Sports ikayirusha amanota atanu.

Yatsinze imikino icyenda, inganya ine, itsinda ibiri.

Muri iyo mikino yose yatsinzemo ibitego 18, itsindwa ibitego umunani.

Iherutse ariko gushaka abakinnyi babiri bo muri Uganda yifuza ko bazayiha umusaruro mu mikino yoi kwishyira iri imbere.

Abo ni  Hakim Kiwanuka wakinaga muri Villa SC na Denis Omedi wa Kitara FC.

TAGGED:AmagajuAPRChairmanFCIkipe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDB Yahawe Umuyobozi Wahoze Muri Banki Y’Iterambere Ry’Afurika
Next Article Kuva 2013 Hamaze Gutozwa Intore 559,686- Min Bizimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?