Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Wavuzweho Gusambanira Mu Ruhame Yavuze Uko Yagambaniwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Umuyobozi Wavuzweho Gusambanira Mu Ruhame Yavuze Uko Yagambaniwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2023 6:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Murindababisha Edouard wigeze kugaragara mu mashusho asa nk’aho ari gusambana, yavuze ko ibyo yakorewe ari akagambane.

N’ikimenyimenyi ni uko urukiko rwasanze ariya mashusho atari ukuri, ruramurekura.

Uyu mugabo yahoze ari umuyobozi ushinzwe kubika amakuru mu karere ka Nyamagabe, abo bita ‘data managers’.

Mbere y’uko urukiko rwanzura ko arekurwa, hari habanje gufatwa icyemezo cy’uko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera ko ngo hari ‘impamvu zikomeye’ zituma akekwaho icyo cyaha.

Hari taliki 25, Mata, 2023.

N’ubwo byari byanzuwe ko afungwa kiriya gihe, abamwunganira baje kujuririra iki cyemezo.

Urukiko rwaje kubisuzuma hanyuma rubaza ubushinjacyaha aho umukobwa wagaragaye yicaye kuri uriya mugabo ari, aho uwabafashe amashusho ari ndetse n’uwayakwirakwije ari, bose barabura!

Umutangabuhamya w’ubushinjacyaha nawe yaje kubwigarama, avuga ko atari ari aho byabereye kuko  yari yakoze ijoro, yungamo ko nawe iby’ubwo busambanyi yabibonye ku mbuga.

Edouard Murindababisha yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ati: “ Niba bavuga ko ari mu ruhame, baba bagomba kuzana abo bantu bari bagize uruhame. Uwo bari batanze nk’umutangabuhamya yavuze ko atari ahari. Ahubwo yabibonye ku mbuga nkoranyambaga. Abajije bagenzi be ku kazi  nabo bavuga ko babibonye ku mbuga nkoranyambaga. Hanyuma ikindi cyo kuvuga ni ikihe? Ese ntuzane n’umukobwa, uwafashe video, n’uwayikwirakwije .”

Murindababisha agera kure akavuga ko abafashe ariya mashusho bayakoreye ubugorozi(editing), ngo si umwimerere.

Avuga ko nta kindi byari bigamije kitari uguharabika umuntu kugira ngo atakaze akazi.

Umuyobozi muri Musanze niwe akeka…

Murindababisha avuga ko umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Musanze ari we wamukoreye biriya kuko atifuzaga ko yabona isoko no gukora porogaramu izajya ifasha mu gukusanya amafaranga y’irondo.

Yabwiye itangazamakuru ati: “ Byose niho byagiye bituruka kuko na wa munsi bamfashe  taliki ya 6 , nari mfite kujya kubahugura tariki ya 8. Bakoze ibishoboka byose bamfata mbere y’uko njyayo”.

Uyu mugabo mu buryo bweruye ntiyemeza niba ari we kuko avuga nyuma yo gufata amafunguro  haba harakozwe ibindi bintu ‘atazi.’

Avuga ko akeka ko hari akantu bamushyiriye mu cyo kunywa.

Yagize ati:  “Kuvuga ngo sibyo bisa nkaho biba bigoranye. Niba umuntu agiye ahantu agiye kurya, warangiza kurya, wakwaka akantu ko kurenza ku biryo, wibaza niba batarashyizemo ibindi bintu. Naho haba hari ikibazo, noneho umuntu akamera nkugiye gukosora video(editing)”

Byagenze gute ngo amashusho afatwe…

Iyo urebye amashusho yasakanye ku mbunga nkoranyambaga avuga kuri iki kintu, ubona umugabo ari mu kabari yicaweho n’umukobwa ‘nk’abakora’ imibonano mpuzabitsina.

Uwo mugabo agaragara yafunguye umukandara umukobwa amwinyonga hejuru.

Nyuma y’uko aya mashusho atangajwe, byaje kumenyekana ko yafatiwe mu Kagari ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima muri Nyarugenge.

Ku rundi ruhande, uvugwa muri iki gikorwa yemeza ko asanzwe atanywa inzoga.

Asobanura ko mu masaha y’amanywa nka saa yine yashatse ifunguro ajya mu mujyi ariko abwirwa ko ritaraboneka, ahitamo kujya ahafatiwe amashusho.

Ati “Erega sinywa inzoga, nagiye hariya ngiye kurya. Nari nazindutse, iyo sisiteme nendaga kuyisubiza no ku murongo kuko yari yaravuyeho, barangoye mu kunyishyura, banyoherereza amafaranga ngo nyavunjishe, ndayavunjisha”

Avuga ko nyuma yagiye kurya mu maresitora yo mu mujyi bamubwira ko biboneka mu masaha ya saa tanu cyangwa saa sita, ariko bamurangira ahantu haboneka ibiryo, amanuka ajyayo kugira ngo arye aze kugendera rimwe.

Nyuma nibyo byaje kuba nk’uko byagaragaye kuri WhatsApp.

We avuga ko atiteguye gutanga ikirego  kuko adashaka kwihimura ku muntu ushaka kumugirira nabi.

Asaba abantu kujya bashishoza, ntibapfe guha ishingiro icyo ari cyo cyose kinyuze ku  mbuga nkoranyambaga.

TAGGED:featuredGusambanaIcyahaMusanzeNyamagabeUMUSEKE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusabane Bwa JIBU Na Marines FC
Next Article Rwanda: Ibinyabiziga Byima Ambulance Inzira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?