Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi W’Ibitaro By’Icyitegererezo Mu Burundi Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuyobozi W’Ibitaro By’Icyitegererezo Mu Burundi Yatawe Muri Yombi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2022 3:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ibitaro byitwa Kira Hospital Clinique Suisse  aherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Iperereza rw’u Burundi ku mpamvu zitaratangazwa.

Abamufashe bamusanze ari mu kazi ari kumwe na Perezida w’Inama y’ubutegetsi ya biriya bitaro, uwo akaba ari Umufaransa witwa Jean David-Pillot.

Bombi bafashwe mu mpera z’Icyumweru gishize.

Umuyobozi wa biriya bitaro yitwa Dr Christophe Sahabo.

Uwo bari bafunganywe ni ukuvuga Umufaransa Jean David –Pillot yaje kurekurwa ariko Dr Sahabo we ubwo twandikaga iyi nkuru yari agifunzwe n’Urwego rw’iperereza n’umutekano rw’u Burundi bita Service National de Reinségnement( SNR).

Inshuti ze zabwiye RFI ko Dr Christophe Sahabo yari amaze iminsi ari ku gitutu cy’ubutegetsi bw’i Gitega.

Nta muyobozi w’i Burundi uragira icyo atangaza ku ifatwa ry’uriya mugabo.

Icyakora hari amakuru avuga ko yashoraga akaboko mu mutungo w’ikigo kandi bitemewe.

Bidateye kabiri kandi Dr Christophe Sahabo yanditse ibaruwa asezera ku mirimo kandi avuga ko abikoze ‘ku bushake bwe.’

Itangazamakuru ryo mu Bufaransa rivuga ubutegetsi bw’i Gitega bushaka kugira ijambo mu mikorere ya biriya bitaro bikomeye kandi bigezweho kurusha ibindi biri mu Burundi.

TAGGED:BurundiIbitaroUmufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Avuga Ko Mu 2020 Umusaruro W’Ubuhinzi Bwazamutseho 6%
Next Article Urukiko Rw’Ubujurire Rushimangiye Ko Rusesabagina Afungwa Imyaka 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?