Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwaka w’Amashuri Dutangiye Ugiye Kuba Udasanzwe – Minisitiri Uwamariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umwaka w’Amashuri Dutangiye Ugiye Kuba Udasanzwe – Minisitiri Uwamariya

admin
Last updated: 05 October 2021 7:57 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya yemeje ko isaha ya mbere y’amasomo buri munsi igiye guharirwa gufasha abanyeshuri basigaye inyuma, hagamijwe kureba ko umubare w’abatsindwa ibizamini wagabanyuka.

Yabitangaje kuri uyu Kabiri ubwo hizihizwaga Umunsi mpuzamahanga wa mwalimu.

Ni nyuma y’umunsi umwe hatangajwe amanota y’ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, aho mu babikoze uko ari 373,532, abanyeshuri 60,642 batsinzwe ku buryo batemerewe kujya mu kindi cyiciro.

Minisitiri Uwamariya yabwiye itangazamakuru ko no mu myaka ishize abatsindwaga babaga bari muri kiriya kigero, icyahindutse ni uko ubu bagomba gusibira aho kwemererwa gukomeza mu bindi byiciro nk’uko byajyaga bikorwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Icyo dushaka gukosora ni ukugira ngo bitazakomeza gutyo, bihagararire aho, ahubwo abana bajye bafashwa umunsi ku munsi mbere y’uko bagera no mu cyiciro gisoza.”

Mu nteganyanyigisho izakoreshwa muri uyu mwaka utaha hateganyijwe ko umwalimu agomba kuba azi urwego abanyeshuri be bariho, abari inyuma akamenya uko abafasha.

Minisitiri Uwamariya yakomeje ati “Ni isaha ya mbere buri munsi, ku ngengabihe niko yateganyijwe, ariko urumva iyo saha ishobora kuba nkeya kuko ni amasaha atanu mu cyumweru, ariko biriya bisaba ko amashuri cyane cyane aho abanyeshuli biga bacumbika, bashobora kugena undi mwanya mu gihe babona hari ikindi bashaka kongeraho.”

Yasabye abakora mu nzego z’uburezi by’umwihariko abarimu n’abayobozi b’amashuri, ko uyu mwaka ugiye gutangira watandukana n’iyindi.

Yakomeje ati “Uratandukana n’iyindi mu buryo bw’imyigishirize, muzagezwaho gahunda yo gufasha abana bakiri inyuma, dusaba ko buri mwalimu mu bushobozi bwe, mu bwitange bwe, agomba gukora ibishoboka ku buryo abana bari inyuma y’abandi bazamurwa bakagera ku kigero kimwe n’abandi banyeshuri.”

- Advertisement -

“Ibi kandi byashyizwe no muri gahunda y’amasomo ku buryo nta we uzitwaza ko adafite umwanya wo gufasha abana bari inyuma, turifuza ko umwana wese w’umunyarwanda abasha kugera ku kigero gishimishije.”

Minisitiri Uwamariya kandi yashishikarije abalimu kongera imbaraga barimo gukoresha mu kwiga Icyongereza, nk’ururimi rwifashishwa mu kwigisha.

Yakomeje ati “Bisaba rero kurumenya ndetse hakajyaho na gahunda yo kugena igihe urwo rurimi buri mwalimu azaba abasha kurukoresha uko bikwiye mu masomo ye.”

“Niyo mpamvu navugaga ko umwaka dutangiye ugiye kuba umwaka udasanzwe, tugomba gukoramo byinshi, tukongera imbaraga mu igenzura ryaba iry’amashuri ndetse n’amasomo, twese abahurira ku burezi mu Rwanda tukegera amashuri, tugera abanyeshuri n’abalimu aho muri, tuzajya tubasura kenshi ntimuzaturambirwe, bizaba ari mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi kuko nicyo twese dusabwa.”

Yavuze ko mu koroshya imyigire, mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021 hubatswe ibyumba by’amashuri birenga 22,000 hanashyirwa mu myanya abarimu barenga 28,000 mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye.

Hari n’abalimu bagera kuri 500 bashyizwe mu myanya mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.

Yakomeje ati “Ubu harateganywa gushyira mu myanya abandi balimu n’abayobozi bo mu mashuli y’inshuke, abanza n’ayisumbuye bagera ku  11,942 muri uyu mwaka w’amashuli tugiye gutangira, ndetse n’abalimu bagera ku 1,162 mu mashuli y’imyuga n’ubumenyingiro.”

Mu rwego rwo kongera abarimu bashoboye, Perezida Paul Kagame aheruka gusaba Tanzania abalimu b’Igiswahili ndetse n’abandi yasabye muri Zimbabwe.

TAGGED:AbalimuDr Uwamariya ValentinefeaturedMINEDUCUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indashyikirwa Zashimiwe Ku Munsi Mpuzamahanga Wa Mwalimu
Next Article RwandAir Yasinye Andi Masezerano Na Qatar Airways, Yemererwa Gutangiza Ingendo i Doha
1 Comment
  • Pingback: Abanyeshuli Batangiye Gusubira Ku Bigo Byabo Mu Buryo Bwihariye - Taarifa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?