Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwami W’Ubwami Bwo Muri Ghana Arifuza Gusura u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Umwami W’Ubwami Bwo Muri Ghana Arifuza Gusura u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2024 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iki cyifuzo aherutse kukigeza kuri Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana witwa Rosemary Mbabazi ubwo yari yagiye gusura umwami w’ubwami bwa Asante, bumwe mu bukomeye muri Ghana.

Umwami Otumfuo Osei Tutu II ayobora ubwami bwa Asante bukubiyemo ubundi bwami buto 78, ibi bikabugira ubwami bunini kurusha ubundi bwose bugize Ghana.

Icyicaro cyabwo kiba ahitwa Kumasi mu ngoro yitwa Manhyia, abaturage b’ubwami bwa Asante bakaba bagize kimwe cya gatatu cy’abaturage bose ba Ghana babarirwa, kugeza ubu, muri miliyoni 33.

Umwami Otumfuo Osei Tutu II ni umuhanga kuko ayobora na Kaminuza yitiriwe Kwame Nkrumah yitwa Kwame Nkrumah University of Science and Technology (KNUST), iyi ikaba yarigiwemo n’Abanyarwanda benshi mu bihe bitandukanye kandi mu mashami  atandukanye.

Mu mwaka wa 2024 Abanyarwanda 20 nibo bayigamo.

Mu itangazo ryasohowe nyuma y’uruzinduko Ambasaderi Rosemary Mbabazi yagiriye ibwami, havugwa ko umwami yamushimiye ko ubuyobozi bw’igihugu cye buyobowe na Paul Kagame bwakigejeje ku bintu bihambaye.

Yaboneyeho kuvuga ko yifuza kuzasura u Rwanda kandi ko bimukundiye yabikora vuba hashoboka.

Umwami Otumfuo Osei Tutu II  asaba abaturage b’Afurika gukomeza kunga ubumwe, bakumva ko umugabane wabo ari wo ngobyi ibahetse, ko bagomba kuwukorera bakawuteza imbere.

Ambasaderi Rosemary Mbabazi yagiriye ibwami muri Asante

Yavuze ko bumwe mu buryo bwiza bwo kuwukorera no kuwuteza imbere ari ugukorana mu bucuruzi hagati y’ibihugu biwugize binyuze mu isoko rusange rya Africa Continental Free Trade Agreement.

Ambasaderi Mbabazi nawe yashimye umwami wa Asante ku majyambere yagejeje ku baturage be ndetse amwifuriza kugira isabukuru nziza y’imyaka 25 amaze ku ngoma.

Mbabazi yashimiye Ghana ko yabereye u Rwanda umuvandimwe mu bihe bigoye bwo mu mwaka wa 1994 kandi ko kugeza n’ubu ikibikora.

Abize amateka y’Afurika bazi ko ubwami bwa Asante ari nabwo abandi bita Ashanti.

Mu gihe cy’ubucakara bwakorewe Abirabura muri Afurika bajyanwa muri Amerika guhinga ibisheke, abaturage b’ubu bwami benshi barajyanywe ndetse bivuga ko biganjemo abaturage ba Jamaica.

TAGGED:AsantefeaturedGhanaMbabaziRwandaUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Irasaba Blinken Kuvuguruza Inyandiko Yanditse Igoreka Jenoside
Next Article Ababiligi Bashubije Gicanda Mu Rwanda Igitaraganya Jenoside Iramuhitana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?