Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2025 11:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwami Charles III
SHARE

Mu ijambo umwami w’Ubwongereza Charles III akaba n’Umuyobozi mukuru wa Commonwealth yabwiye ubuyobozi bwa Canada ko aho ibintu bigeze, ari ngombwa gufatanya hirindwa ko iki gihugu cyakomekwa kuri Amerika.

Yabwiye abagize Inteko ishinga amategeko y’iki gihugu ko muri iki gihe  igihugu cyabo kiri mu bihe bikigoye cyane.

Ikiganiro yahaye abo bayobozi, abahanga bagifashe nk’uburyo bwo kwerekana ko ashyigikiye Canada mu kwamagana ibyo Amerika ya Trump iherutse gutangaza by’uko ishaka ko Canada iba Intara ya 51 ya Amerika.

Umwami Charles III niwe muyobozi w’ikirenga wa Canada, igihugu kiri mu bigize Commonwealth.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyifuzo cya Trump cy’uko Canada iba indi Ntara ya Amerika cyatumye Minisitiri wayo w’Intebe asaba Umwami kuzaza mu gihugu cye kuhavugira ijambo rihumuriza abagituye.

Umwami Charles III yavugiye mu Nteko ya Canada ati: “ Tugomba guhangana n’iki gihe kitoroshye turimo. Ni ibihe bigoye haba kuri Canada no ku isi muri rusange”.

Ijambo yatanze ryari riri mu Gifaransa, rumwe mu ndimi zemewe muri iki gihugu.

Yabwiye abanya Canada ko bakwiye kumva ko bafite igihugu kigenga, ko badakwiye gukurwa umutima n’ibyo Amerika ibakangisha.

Mu rwego rwo kugira icyo abivugaho, PerezidaTrump yanditse kuri Truth Social ko Canada iramutse yemeye kuba Intara y’igihugu cye, nta kiguzi yazatanga mu gihe cyo kubaka ubwirinzi Amerika iteganya gushyira mu kirere yise Golden Dome Missile Defense Program.

- Advertisement -

Associated Press yanditse ko iriya gahunda izatwara Miliyari $ 61 ariko ko Canada iramutse yemeye kuba Intara ya Amerika nta kiguzi yazatanga muri iyo ngengo y’imari.

Mu guhumuriza Canada, umwami Charles III yavuze ko ikwiye gushaka abandi bafatanyabikorwa mu bucuruzi kugira ngo yipakurure Amerika iyihoza ku nkeke.

Imibare y’abakora mu bucuzuri ivuga ko 75% by’ibyo Canada yohereza yanze, bijya muri Amerika.

Kuva aho Trump atangiriye kuvuga iby’uko ashaka ko Canada ibe iye, abaturage b’iki gihugu n’ubu baracyabyamagana.

Icyakora, Abanyamerika bo bakomeje kubyemeza kandi bisa n’aho ibyo abo muri Canada bavuga, bo ntacyo bibabwiye.

N’ikimenyimenyi Ambasaderi wa Amerika muri Canada witwa Pete Hoekstra avuga abo baturage badakwiye gukomeza kubivuga kenshi nk’aho ari byo bizahindura icyemezo cya Washington kuri iyo ngingo.

Avuga ko ‘atabuza’ uvuga kuvuga, ariko ko byaba byiza bahamagaye Trump akaba ‘ari we’ babibaza.

TAGGED:AmerikaCanadaUbuyoboziUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Ibiganiro Ku Mubano Urambye Wa Israel Na Syria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbutabera

DRC: Hari Ubwumvikane Buke Hagati Ya Minisitiri W’Ubutabera N’Umushinjacyaha Mukuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?