Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwarimu wa Politiki azi impamvu hari Abanyamerika batsimbaraye kuri Rusesabagina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umwarimu wa Politiki azi impamvu hari Abanyamerika batsimbaraye kuri Rusesabagina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 December 2020 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ismael_Buchanan
SHARE

Dr Ismael Buchanan  wigisha Politiki mpuzamahanga muri Kaminuza y’u Rwanda avuga kuba hari Abanyamerika bagitsimbaraye kuri Paul Rusesabagina bakanandikira Perezida Kagame bamubwira ko agomba kumurekura ari uko amakuru bamufiteho acagase.

Mwarimu Buchanan avuga ko kuba Depite Carolyn Maloney asaba Leta y’u Rwanda kurekura Rusesabagina ari uburenganzira bwe nk’uko n’undi wese yemerewe kubaza Leta iyo ariyo yose icyo ashaka.

Ku rundi ruhande, Dr Buchanan asanga Leta y’u Rwanda yasubije uriya mudepite w’Umu Demukarate nk’uko yari yatse ibisobanuro akeneye gusubizwa.

Yagize ati: “ Icyo Maloney yashakaga ni uko asubizwa kandi yasubijwe binyuze kuri Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Busingye Johnson.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

 Abajijwe icyo abona gitera Abanyamerika bamwe gutsimbarara kuri Paul Rusesabagina basaba ko arekurwa, Dr Buchanan yabwiye Taarifa ko asanga ikibibatera ari uko hari amakuru batamufiteho.

Yemeza ko ayo bamufiteho ari aya Rusesabagina wo muri Hotel Rwanda, wagaragajwe nk’intwari yarokoye Abatutsi ariko bakaba hari undi Rusesabagina batazi, uwo akaba ari we uri mu nkiko z’u Rwanda.

Buchanan yasabye Paul Rusesabagina kwemera ko ari mu Rwanda agategereza ubutabera yaba umwere akarekurwa, yahamwa n’ibyaha akabikurikiranwaho.

Depite Carolyn Maloney yandikiye ibaruwa Perezida Paul Kagame amusaba kurekura Paul Rusesabaginavuba na bwangu, akamwibutsa ko  USA ishyigikiye Rusesabagina kandi ko imushaka iwabo[USA] afite ubuzima bwiza.

Ibaruwa ye ivuga ko we na bamwe muri bagenzi be[abadepite] bazakomeza gucungira hafi uko ubuzima bwa Rusesabagina bumeze.

- Advertisement -

Leta y’u Rwanda yasubije uriya Mudepite imwibutsa ko u Rwanda rufite ubutabera bwigenga kandi ko ibuha Abanyarwanda bose nk’uko Itegeko Nshinga ryarwo ribiteganya.

TAGGED:AbanyamerikaAbatutsiBuchananBusingyefeaturedKagameUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Macron yanduye COVID-19, P.M Castex na Madamu Macron mu kato
Next Article Koreya y’Epfo yahaye u Rwanda Miliyoni $ 8 zo kuzamura ubuhinzi n’imirire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?