Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwe Mu Barwanyi Bo Muri CAR Bateye Ingabo Z’u Rwanda Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwe Mu Barwanyi Bo Muri CAR Bateye Ingabo Z’u Rwanda Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2021 11:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu barwanyi baraye bateye ingabo z’u Rwanda ziri kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique yafashwe mpiri. Abaturage bashatse kumwica ariko abashinzwe umutekano barabamutesha.

Yacishijwe kuri Televiziyo y’igihugu yerekwa abaturage.

Minisiti ushinzwe umutekano imbere mu gihugu witwa Henri Wanzat Linguissara yavuze ko uriya murwanyi atazi Igifaransa ahubwo yivugira ururimi gakondo rw’iwabo.

Linguissara yashimye ubufatanye bw’abaturage bafashije kugira ngo afatwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni uwo mu mutwe wa Anti Balaka.

Ibitero bagabye byahitanye umusirikare umwe w’u Rwanda.

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yihanganishije abagize umuryango we kandi yongera gushimangira ko itazatezuka ku ntego yatumye u Rwanda rwohereza ingabo muri Centrafrique.

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo rigira riti: “Ingabo z’u Rwanda zibabajwe cyane n’urupfu rw’umwe mu basirikare bazo bagiye kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique mu kitwa Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA. Yaguye mu gitero abarwanyi badashaka amahoro mu gihugu cyabo bagabye ku ngabo zacu tariki 13, Mutarama, 2021. RDF yihanganishije abo mu muryango we n’inshuti ze. RDF kandi iracyakomye ku mugambi wayijyanye muri kiriya gihugu wo kugarura amahoro ku nyungu z’abasivili kandi ibikora mu mabwiriza ya MINUSCA ndetse no mu kandi kazi aho ingabo zoherejwe hose.”

Ubuyobozi bwa MINUSCA bwamaganye kiriya gitero.

- Advertisement -
TAGGED:Anti BalakaCentrafriquefeaturedMINUSCAUmurwanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ugandan opposition leader Bobi Wine votes in elections
Next Article Ingabire Immaculee, A.Marie Niwemwiza, Miss Jolly… Hari Icyo Bavuga Kuri Bridal Shower
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?