Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwe Mu Bayobozi b’Umutwe wa ADF Yatawe Muri Yombi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Iterabwoba

Umwe Mu Bayobozi b’Umutwe wa ADF Yatawe Muri Yombi

admin
Last updated: 12 January 2022 2:49 pm
admin
Share
SHARE

Inzego z’umutekano za Repubulika ya Demokarasi ya Congo zataye muri yombi Benjamin Kisokeranio, umwe mu bayobozi b’umutwe w’iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorera mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Yafashwe mu gihe Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije n’iza Uganda (UPDF) zikomeje ibitero bihuriweho, ku birindiro by’umutwe wa ADF mu bice bya Ituri.

Inzego z’umutekano za RDC zatangaje ko Kisokeranio yafatiwe muri Uvira ashaka kujya mu Burundi, afatanwa pasiporo ya RDC aho yakoreshaga amazina ya Djimy Kilalo Kasereka.

Niwe wari uyoboye igice cya ADF gishamikiye kuri Jamil Mukulu, kitemeranya n’igishamikiye kuri Musa Baluku uyobora ADF.

Mbere Benjamin Kisokeranio yari ashinzwe ibijyanye n’ubutasi n’imari muri ADF.

Ni umuntu wa kabiri ukomeye muri ADF ufashwe, nyuma ya Jamil Mukulu watawe muri yombi mu 2015.

Ni mu gihe abandi benshi bamaze kwicwa barimo Kayiira Mohamed waguye mu mirwano na FARDC mu 2018, Rashid Hood Lukwago wishwe mu 2016 na Kasade Karume wishwe mu 2015.

 

 

 

TAGGED:ADFBenjamin KisokeraniofeaturedUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiryo Bita Iby’Abasilimu Biri Mu Bikururira Abantu Kabutindi
Next Article Muri Burkina Faso Haburijwemo Coup d’Etat
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?