Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwihariko Wa Minisiteri Y’Ishoramari Rya Leta N’Uwa Minisiteri Y’Imari N’Igenamigambi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umwihariko Wa Minisiteri Y’Ishoramari Rya Leta N’Uwa Minisiteri Y’Imari N’Igenamigambi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere, Taliki 8 Kanama 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN, Tusabe Richard yagejeje  ku bagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena ishingiro ry’Umushinga w’itegeko ryerekeye imicungire y’imari n’umutungo wa Leta.

Yabwiye Sena y’u Rwanda ko inshingano za Minisiteri ‘nshya’ y’Ishoramari rya Leta no kwegurira ibigo abikorera mu nshingano zayo ntaho zizagonganira na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN.

Ku byerekeye umwanzuro wa nyuma wo gushora imari ya Leta, Minisiteri y’Imari n’igenamigambi yo izajya igaragaza impamvu amafaranga ashorwa mu mishanga runaka.

Nyuma yo kumva ibikubiye muri uwo mushinga w’itegeko, abasenateri bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gusobanuza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Senateri Nkusi Juvénal yabajije uburyo Minisiteri Nshya y’Ishoramari rya Leta na Privatization izakorana na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ababaza niba batazagongana mu nshingano zimwe na zimwe.

Nkusi ati: “ Mu minsi ishize hari impinduka zabaye hajeho Minisitiri ushinzwe Ishoramari rya Leta kandi muri iri tegeko harimo ishoramari rya Leta nka Sosiyete z’ubucuruzi, n’ibigo bindi. Ese muri iri tegeko no gushyiraho inshingano nshya zaje aho kubihuza byarakozwe? Hari aho nabonye mu ngingo ya 17 mu bubasha bw’igenabikorwa bavuga k’ukugaragaza ibikorwa by’ishoramari ry’igihugu byihutirwa no guhuza gahunda z’iterambere ry’ishoramari ry’igihugu.  Aho ngaho nkabona neza bihura na Minisiteri nshya. Ese ntabwo byari ngombwa kugira ngo barebe izi mpinduka nshya zaje ko iri tegeko ritabyinjiramo?”

Mu kumusubiza, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN, Tusabe Richard yavuze ko Minisiteri y’Imari izagumana ‘inshingano za nyuma’ zo kugena ahashorwa imari ya Leta ariko Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yo ikagasobanura impamvu zo gushora iyo mari.

Ngo Minisiteri nshya izaba ifite inshingano zo kureba cyane cyane aho Leta igiye gushora amafaranga niba koko ariho dukwiye kuyashora.

Hazarebwa aho Leta ifite imigabane n’aho bikwiye ko iyo migabane yakwegurirwa abikorera ku giti.

- Advertisement -

Tushabe avuga ko umushinga wa ririya tegeko ugena ko ububasha buri kuri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi kuko ari yo ifite inshingano nyamukuru zo kugena aho amafaranga ya Leta ari bushyirwe.

Ati: “Minisitiri ushinzwe ishoramari rya Leta agaragaza impamvu tugomba gushora amafaranga ariko icyemezo cyo kizafatwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi.’

Avuga ko ibi birimo ‘kuzuzanya’ ariko bitabujije ko basubiramo bakareba niba hari inshingano zanozwa mu itegeko cyane ko Minisiteri nshya yagiyeho ririya tegeko rigeze kure rikorwa.

Minisiteri y’Ishoramari rya Leta  (Ministry of Public Investments and Privatization) yashyizweho na Perezida  wa Repubulika Paul Kagame tariki 30 Nyakanga2022.

Iyoborwa na  Ministiri Eric Rwigamba, Umunyamabanga uhoraho wayo akaba Dr. Yvonne Umulisa.

Minisitiri Eric Rwigamba ubwo yarahiriraga kuyobora Minisiteri y’ishoramari rya Leta

Ikindi kiri muri ririya tegeko ni uko Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yongerewe inshingano zo gusuzuma ibigo bifite inshingano z’ubucuruzi bifitwemo imigabane na Leta nka Rwandair.

Riteganya ko aho bizaba ari ngombwa, azagena urundi rwego rwo gusuzuma ibyo icyo kigo gikora ariko yagize uruhare mu gutegura ibizasuzumwa.

Hateganywamo kandi ko hari ahashobora kuvugururwa ingengo y’imari ya Leta igihe icyo aricyo cyose n’inshuro zose zishoboka bitewe n’ubwihutirwe byabyo.

Ubusanzwe yavugururwaga inshuro imwe gusa.

TAGGED:featuredIgenamigambiImariLetaRwigambaTushabe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto:Abanya Kenya Bariraye Ku Kababa Bajya Gutora Umuyobozi Wabo
Next Article Donald Trump Yasatswe Na FBI, Hari Inyandiko Za Leta Akekwaho Gutunga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?