Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Yamaganye Ko Perezida Wa Somalia Aguma Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Yamaganye Ko Perezida Wa Somalia Aguma Ku Butegetsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2021 1:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi kamaganiye kure ikifuzo cya Perezida wa Somalia cy’uko yaba agumye ye ku butegetsi mu gihe hari ibibazo bya Politiki biri mu gihugu cye.

Mu Cyumweru gishize Inteko ishinga amategeko ya Somalia yatoye umushinga w’Itegeko ryongerera Perezida wa  Repubulika Bwana Mohamed Farmaajo imyaka ibiri yo gukomeza kuyobora kiriya gihugu.

Intumwa za rubanda zo muri kiriya gihugu zavuze ko uriya mwanzuro uzafasha mu gihe hazaba hari gukemurwa ibibazo bya Politiki bijyanye n’ubwumvikane  buke buherutse kuvuka kubera kutumvikana ku byavuye mu matora

Uyu mwanzuro warakaje bamwe mu  batera inkunga Somalia ndetse n’abatavuga rumwe na Leta.

Kimwe mu bihugu byarakajwe n’uriya mwanzuro ni u Buhinde.

Ubuhagarariye muri UN witwa TS Tirumurti avuga ko ibiri kubera muri Somalia biri guha urwaho Al Shabab n’abandi barwanyi kugira ngo bakomeze kwisuganya no guteza umutekano muke.

Yashimye ko Umuryango w’Afurika Yunze ubumwe uri gufasha mu gushakira umuti kiriya kibazo ufatanyije na IGAD.

Ubwongereza nibwo bwatumije inama idasanzwe kugira ngo higirwe hamwe uko ikibazo cya Politiki kiri muri Somalia cyabonerwa umuti.

Ibihugu byose biri muri kariya kanama uko ari 15 byasabye ko ibibazo bya Politiki biri muri Somalia byabonerwa umuti binyuze mu biganiro bya Politiki.

Norvège nayo yasabye ko kiriya kibazo cyarangira binyuze mu biganiro kandi inzego zirimo Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, IGAD na UN bikabigira mo uruhare.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere 19, Mata, 2021 nibwo abagize ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta ryandikiye UN riyisaba ko yatumiza inama idasanzwe kugira ngo ikibazo cya politiki kiri muri Somalia kibonerwe umuti urambye.

Iri huriro ryitwa  National Salvation Forum [NSF].

Abagize iri huriro ariko basabye UN ko yasaba ko Perezida Falmajoo atakomeza kuyobora Somalia, ahubwo ko yatanga umwanya

Abagize ririya huriro barimo abayobora ibice bya Puntland, Jubbland n’abandi bagize amashyaka ya Politiki atandukanye.

Perezida Farmaajo ku wa Mbere kandi yagiye muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo kuganira na mugenzi we Tshisekedi kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ngo ibintu bigende neza.

Felix Tshisekedi niwe Perezida w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe muri uyu mwaka wa 2021.

TAGGED:AmatorafeaturedPerezidaSomaliaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yashyizeho Abayobozi Bashya b’Urukiko Rw’Ubujurire n’Urukuru Rw’Ubucuruzi
Next Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abaturage ba Tchad
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?