Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Mujenosideri Aloys Ndimbati Nawe Yarapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Undi Mujenosideri Aloys Ndimbati Nawe Yarapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 November 2023 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro by’Umushinjacyaha mukuru w’Urwego rwasigariyeho gukurikirana ibyaha byasizwe n’inkiko zaburanishaga abateguye Jenoside yakorewe Abatutsi rwatangaje ko Aloys Ndimbati yapfuye. Yaguye mu Rwanda mu mwaka wa 1997 muri Kirehe y’ubu ahitwa Gatore.

Yari asanzwe ari ku rutonde rw’abantu bateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bashakishwaga kurusha abandi ku isi.

Ndimbati yahoze ari Burugumesitiri wa Komini Gisovu mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, akaba yari asanzwe ari umunyamuryango w’imena wa MRND, ishyaka ryahoze ku butegetsi  muri Repubulika yategekwaga na Habyarimana Juvénal.

Yari yaraburanishijwe adahari bwa mbere n’icyahoze ari Urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwa Arusha.

Hari mu Ugushyingo taliki 14, 1995.

Icyo gihe yashinjwaga ibyaha birindwi birimo ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, gushishikariza abantu gukora Jenoside, uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu, ubwicanyi, gufata ku ngufu no gutoteza abantu.

Uyu mugabo ngo yavuye mu cyahoze ari Zaïre, aza kujya i Kisangani, avuye Kashusha mu nkambi y’impunzi.

Yageze i Kisangani ahava aza i Kanombe mu Rwanda.

Nyuma ngo byaje kugaragara ko Aloys Ndimbati yaguye mu Rwanda muri Kirehe, ahitwa Gatore

Icyo gihe hari mu mwaka wa 1997.

Mbere ya Aloys Ndimbati washakishwaga kubera uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi bikaza kugaragara ko yapfuye, undi biherutse kugaragaraho ni Protais Mpiranya, Augustin Bizimana na Phénéas Munyarugarama.

 

TAGGED:featuredJenosideKireheNdimbatiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibigo 13 Bicukura Amabuye Y’Agaciro Byafunzwe
Next Article Ibitaro Bya Nyarugenge Byasabye Imbabazi Abarwaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?