Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Munyeshuri Wa Kaminuza Y’u Rwanda Aravugwaho Gukuramo Inda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Undi Munyeshuri Wa Kaminuza Y’u Rwanda Aravugwaho Gukuramo Inda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2023 12:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri wa 05, Ukuboza 2023, abanyeshuri b’abahungu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, basohowe igitaraganya mu nyubako isanzwe yigirwamo izwi nka KOICA.

Kubera ko batasobanuriwe impamvu, byatumye umwe muri bo ahamagara itangazamakuru kugira ngo rihagere rirebe icyabaye.

Abayobozi bari bahari ntibashakaga gutanga amakuru ndetse itangazamakuru muri rusange ryahejwe.

Bamwe mu bari aho bavuze ko hari undi mukobwa wakuyemo inda akajugunya umwana mu bwiherero ariko ubuyobozi bukaba bwabigize ubwiru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe muri bo yabwiye itangazamakuru ati “Ni akana nyine k’agakobwa kakuyemo inda. Birangira nyine kabiroshye mu bwiherero. Njye nabonye amaraso ava imbere y’ubwiherero.”

Nyuma y’igihe kirekire ubuyobozi bwanze ko abanyeshuri binjira, bageze aho barabareka kuko hari abagombaga kwiga nyuma ya saa sita.

Iby’uko hari umukobwa waba wakuyemo inda byanugwanuzwe kubera ko byagaragaraga ko abantu bari gukora isuku mu buryo budasanzwe.

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, Kabagambe Ignatius, yabwiye IGIHE ko uwo mukobwa baketseho gukuramo inda atari byo ahubwo yari arwaye mu nda.

Ati “Yari arwaye mu nda gusa. Ni uko byari byavuzwe, nyuma basanga ari uburwayi bwo mu nda. Ndi i Huye ndabizi neza”.

- Advertisement -

Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike hari undi munyeshuri wakuyemo inda yendaga kuvuka, umwana amujugunya mu gatebo k’imyanda aho yabaga mu nyubako icumbikamo abakobwa yitwa Benghazi.

TAGGED:featuredHuyeKaminuzaRwandaUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gitifu Yakoze Impanuka Ihitana Umwana Muto
Next Article Imikorere Y’Inyenzi Nk’Uko Rutaremara Abivuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?