Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Muti Wa Sima Nke Mu Rwanda Ugiye Kuboneka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Undi Muti Wa Sima Nke Mu Rwanda Ugiye Kuboneka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2022 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kurushaho kuzamura umusaruro wa Sima, mu Karere ka Muhanga hagiye kubakwa uruganda rwa Sima rwitezweho kuzaha akazi abaturage 1000. Ruzuzura muri Gashyantare, 2023 ku gaciro ka Miliyari  Frw 100.

Ruzubakwa ku buso bwa Hegitari 67 ahagenewe inganda mu Karere ka Muhanga.

Ni umushinga w’uruganda rwitwa Anjia Prefabricated Construction Rwanda.

Urubuga rwa RBA ruvuga ko imirimo yo kubaka ruriya ruganda igeze kuri 50%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi wungirije warwo witwa Ju JianFeng avuga ko  bahisemo kurwubaka i Muhanga kubera imiterere y’aho ndetse n’uburyo u Rwwanda rwakira kandi rugakorana n’abashoramari mu buryo buborohereza.

Ati: “Icyo abashoramari bashima ni uburyo ubuyobozi bwabahuje n’abaturage bakabasha kubona ubutaka bugari bakoreraho.”

Umuti wa Sima nke mu Rwanda

Umwe mu bakozi ba ruriya ruganda witwa Byiringiro Israel yabwiye RBA ko kubaka no kubyaza umusaruro ruriya ruganda ari umwe undi musanzu wo gutuma u Rwanda rwihaza kuri sima.

Si u Rwanda ruzabyungukiramo gusa ahubwo n’Akarere ruherereyemo ni uko!

- Advertisement -

Ubugenzuzi bwo kubaka ruriya ruganda buzakorwa n’Abanyarwanda barindi n’Abashinwa 12 bazakorera mu Biro.

Muri rusange, ruriya ruganda rurateganya kuzakoresha Abanyarwanda  1080 n’Abashinwa 200

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko hari abantu benshi bifuza gushora amafaranga mu cyanya cyahariwe inganda cy’aka Karere.

Icyakora kugeza ubu karimo inganda ebyiri zatangiye gukora.

Kugeze ubu ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buremeza ko nta makimbirane akomeye yari yaba hagati y’abashoramari n’abaturage basanganwe ibikorwa muri nkengero z’iki cyanya cy’inganda cyubatswe mu Murenge Nyamabyuye, Akagari ka  Gahogo, Umudugudu wa Gihuma.

Ubusanzwe Sima yo mu Rwanda ni nke k’uburyo mu mwaka wa 2020 hari bamwe mu bacuruzi ba Sima bifuzaga kuyitumiza hanze.

Impamvu yari uko u Rwanda rwari rucyeneye Sima nyinshi ariko ntirubone iruhagije ikorerwa mu gihugu imbere rugacyenera iva muri Tanzania ariko n’aho ikaba yari nke kubera ko inganda nini zayikoraga zarimo zisanwa.

Ku rundi ruhande, ariko uruganda nyarwanda rukora Sima rwitwa CIMERWA rwakoze uko rushoboye rutanga Sima ku kigero wavuga ko gishimishije.

Mu Kiganiro umuyobozi warwo witwa Robert K. Segei yahaye Taarifa mu Ukuboza, 2020, yavuze  ko n’ubwo uruganda ayoboye rwahuye n’ibibazo by’ubukungu nk’ahandi  hose, ariko rutahombye.

Yemeje  ko bungutse Miliyari Frw 1.9  ni ukuvuga 1% ugereranyije no muri 2019.

Segei avuga ko muri Nyakanga, 2020 ari bwo bagize isoko ryinshi rya Sima kurusha ikindi gihe.

Ati: “ Muri kuriya kwezi, u Rwanda rwashyize mu bikorwa umugambi wo kubaka amashuri menshi kandi byarakozwe tubona isoko.”

Avuga ko kubera ko sima nyinshi yari ikenewe n’ibigo by’amashuri, hari abandi bayibuze biba ngombwa ko bajya kuyishakira hanze y’u Rwanda.

Gusa ngo niziva hanze y’u Rwanda zaragabanutse bituma hagaragara icyuho cya sima ku isoko ry’u Rwanda.

Icyo gihe ubuyobozi bwa CIMERWA bwatubwiye ko bwizeye ko sima izakomeza kuboneka kandi ko budatewe impungenge n’abandi bashoramari bashinga inganda zitunganya sima.

Ushingiye ku bisobanuro bya Robert Segei ikabihuza n’inkuru twigeze kwandika ivuga ko abacuruzi ba Sima bo mu Rwanda bahisemo kurangamira isoko rya Kenya bigaragara ko  n’ubwo Sima yabonetse nk’uko uriya muyobozi wa CIMERWA abivuga, ariko idahagije mu Rwanda hose.

Abatumizaga sima muri Kenya bashakaga sima yitwa Bamburi ciment.

TAGGED:CIMERWAfeaturedMuhangaSima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stade Amahoro Niyuzura Izaramba Imyaka 50
Next Article Kayonza:Umushinjacyaha Akurikiranyweho Ruswa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?