Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Muyobozi Mu Z’Ibanze Aravugwaho Kugira Umuturage Intere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Undi Muyobozi Mu Z’Ibanze Aravugwaho Kugira Umuturage Intere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 January 2024 6:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza haravugwa inkuru y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge n’umukozi wa DASSO bakubise Célestin Ntirushwamaboko akamugira intere ubu uyu akaba arwariye mu bitaro.

Uwo muturage yari arasanzwe atuye mu Mudugudu wa Gatongati, mu Kagari ka Mututu mu Murenge wa Kibirizi, mu Karere ka Nyanza, mu ijoro rishyira Ubunani, taliki ya 31 Ukuboza 2023.

Abaturage kandi bavuga ko uwakubise umuturage( Gitifu) yari amubereye Nyirarume.

Umuturage ati:  “Yahohotewe n’ubuyobozi ari bwo Gitifu w’Umurenge na DASSO, n’undi ukora irondo ry’umwuga witwa Sebudandi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mushiki wa Célestin na we yagize ati: “Yakubitiwe mu isantere ya Mututu bikorwa na Gitifu na DASSO.”

Uwabibonye n’amaso avuga ko yagiye kumva yumva induru ziravuze.

Ati: “Njyewe nagiye kumva numva umuntu ari kuvuza induru ari gukubitwa bikozwe na Gitifu na DASSO, gusa Mitumbi yari yasinze.”

Mitumbi uyu ni we Célestin kandi ngo  bukeye bw’aho abaturage bavugaga ko yashoboraga no gupfa kuko yari ameze nabi.

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza bwemeje ko bwakiriye uyu murwayi afite ibikomere, gusa ntibwamenye icyabimuteye.

- Advertisement -

Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, Dr. SP Samuel Nkundibiza yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko bakiriye uwo murwayi yakomeretse bihutira kumwitaho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Valens Murenzi uvugwaho gukubira uriya muturage  akajya mu bitaro, avuga ko uwo muturage nabo bamubonye taliki ya 31, Ukuboza, 2023 bari mu kazi mu modoka ariko ngo ntibigeze  bayisohokamo.

Ati: “Twamenye ko arwariye ku kigo nderabuzima (Centre de Santé) cya Mututu ku Bunani ariko ibyo kuvuga ko yakubiswe na Gitifu w’Umurenge cyangwa DASSO ntabwo ari byo kuko twagenzuye uko umutekano wifashe mu Murenge wose mu ijoro ry’Ubunani no muri Mututu turahagera, Celestin twaramubonye nk’uko n’abandi bose twabarebaga.”

Gitifu Murenzi  avuga ko bafashaga abantu banezerewe bakabacungira umutekano gusa ngo ibyo kumukubita ntibabimenye kuko batigeze bava mu modoka ngo byibura banatembere kuko umutekano bawucungiraga mu modoka.

Yongeraho ko n’Akarere kaje karahabasanga (nk’umuyobozi w’Inkeragutabara ndetse n’abandi bayobozi bo  mu Karere).

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme avuga ko bariya bayobozi nta ruhare bagize mu gukubita uwo muturage ariko akavuga ko hari andi makuru bagishakisha.

Yagize ati “Ari Gitifu w’Umurenge ari na DASSO sibo bagize uruhare mu gukubita uriya muturage ahubwo amakuru ahari ni uko yari umuntu wari wasinze amanywa yose kugeza n’ijoro agenda yituragura hasi.”

Akomeza agira ati: “Gitifu w’Umurenge na DASSO bahanyuze hakiri kare, akomereka ntibari bahari turacyashakisha amakuru niba hari abandi baba baramukubise, dukomeje kubikurikirana.”

Umunyamakuru wagiye mu bitaro i Nyanza ntiyashoboye kubona uwo murwayi kuko ubuyobozi bw’Ibitaro bwemera ko bwamwakiriye buramuvura nyuma buramusezerera kuko yari yakize.

Abaturanyi be na bamwe mu bagize umuryango we bavuga ko ntawatashye kuko ngo n’aho yabaga yaribanaga kandi ionzu yabagamo ikaba yarigikinze (ingufuri ikingiye inyuma).

Nta makuru arambuye yamenyekanye y’aho uwo mugabo yaba aherereye.

Si ubwa mbere mu Kagari ka Mututu haketswe ikubitwa ry’umuturage bikozwe n’ubuyobozi kuko mu minsi yashize nabwo hari Umukuru w’Umudugudu afatanyije n’ushinzwe umutekano n’abandi baketsweho gukubita umuturage baramwica.

Icyo gihe bamucyekagaho ubujura ariko Umukuru w’Umudugudu yarabiryojwe imbere y’ubutabera naho uwarushinzwe umutekano we acika inzego z’ubutabera.

Ibyo gukubita bikomeye ndetse bikaviramo abaturage gupfa cyangwa kunegekara bakajyanwa mu bitaro, byari biherutse no kuvugwa mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote aho Gitifu w’aka Kagari n’umunyerondo bavuzweho gukubita umuturage biza kumuviramo urupfu.

Meya wa Nyabihu Madamu Antoinette Mukandayisenga icyo gihe yabwiye Taarifa ko iyo dosiye yari yamaze kugezwa mu bugenzacyaha bityo ko ntacyo yayitangazaho kirenze kuba yarabyumvise.

TAGGED:featuredGitifuGukubitaNyanzaUmuturageUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafunze Batatu Ibakekaho Gucura Ibyangombwa Byo Kubaka
Next Article Katumbi Yafungiwe Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?