Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarusiya Barashaka Guhanura Ikigo Mu By’Isanzure Cyubatswe Mu Kirere Gipima Toni 500
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Abarusiya Barashaka Guhanura Ikigo Mu By’Isanzure Cyubatswe Mu Kirere Gipima Toni 500

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Perezida wa Amerika atangaje ko igihugu cye cyafatiye ibihano Perezida Vladmir Putin  birimo no gufatira imitungo ye ibarirwa muri za Miliyari z’Amadolari, Abarusiya bakorera mu kigo mpuzamahanga kiga iby’isanzure, International Space Station, batangaje ko bagiye guhagarika ibikorwa byo kugisana kandi ngo kizahita gihanuka.

Iki kigo kitwa International Space Station, ISS, gipima toni 500 kandi ngo nigihanuka kizarindimurikira ku mugabane w’u Burayi cyangwa kuri Amerika.

Umuyobozi w’Ikigo cy’u Burusiya gishinzwe iby’isanzure witwa Dmitry Rogozin yabwiye ubutegetsi bw’Amerika kwisubira ho ku cyemezo cyo gufatira umutungo wa Putin kuko kugumishaho kiriya cyemezo bizagira ingaruka zikomeye.

Dmitry Rogozin

Muri iki gihe abahanga batandatu nibo bashinzwe kwita ku miterere ya kiriya kigo, bakabikora binyuze mu kukirinda kwangirika cyangwa guhengama kivuye ku murongo gitembereraho, uwo bita orbit.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abakurikiranira hafi ibiri kuba hagati y’Amerika n’u Burusiya bavuga ko bitari bikwiye ko abahanga b’u Burusiya bagira imyitwarire y’abanyapolitiki kuko Politiki atari akazi kabo.

Ikigo cy’Abarusiya gishinzwe iby’isanzure kitwa Roscosmos.

Mu butumwa burebure umuyobozi w’iki kigo yashyize kuri Twitter yavuze ko kuba Amerika ishaka guhana Putin ndetse na bimwe mu bigo by’ubushakashatsi bw’u Burusiya ari icyemezo gihubukiwe.

Yanditse ati: “ Nimuhagarika imikoranire yacu namwe, mutekereza ko ari inde uzatabara ISS nivanwa ku murongo isanzwe igenderaho? Ishobora kuzagwa mu Burayi cyangwa muri Amerika…”

Dmitry Rogozin yavuze ko Perezida Biden ashobora kuba afite uburwayi bwo mu mutwe bita Alzheimer.

- Advertisement -

Ngo ni indwara ituma adatekereza ku ngaruka icyemezo nka kiriya kizagira haba kuri Amerika ndetse no ku nshuti zayo.

Ubusanzwe  ikigo mpuzamahanga mu bushakashatsi mu by’isanzure, ISS, gikorerwamo n’ibihugu byinshi kandi bigabanyije mu matsinda.

Uburusiya bwahawe inshingano yo gukora ikoranabuhanga rituma kiriya kigo cya rutura kidahanuka ngo kikubite hasi.

Ni ikoranabuhanga rigifasha kuguma mu bilometero 253 uvuye ku isi, kandi ridahari ngo rikomeze kwitabwaho ribungabungwe cyahanuka kikagwa aho ari ho hose ku isi harimo n’ibice bituwe cyane by’Amerika cyangwa iby’u Burayi.

N’ubwo abayobozi b’Ikigo cy’Amerika gishinzwe iby’isanzure, NASA,  bavuga ko bazakomeza gukorana neza n’abahanga bo mu bindi bigo harimo na kiriya cyo mu Burusiya, abo muri iki kigo bo bavuga ko bagisuzuma neza iby’icyemezo cya Biden n’ingaruka kizabagiraho hanyuma bakazafata icyemezo mu gihe gikwiye.

Ikigo International Space Station  cyarekuriwe mu kirere mu mwaka wa 1998 ariko abahanga batangiye kugikoreramo mu buryo buhoraho mu mwaka wa 2000.

Ni ikigo gihuriweho n’abahanga mu ngeri nyinshi z’ubumenyi

Aba mbere batangiye kugikoreramo mu buryo buhoraho ni Umunyamerika umwe witwa Bill Shepherd n’Abarusiya babiri Yuri Gidzenko na  Sergei Krikalev.

Kuba ubwumvikane buri kuba bucye mu bahanga baba muri ISS ni ikibazo kitari gisanzwe kuko ubusanzwe batajyaga bivanga mu bibazo bya politiki.

Uko bimeze kose ariko, kugira ngo Ikigo mpuzamahanga mu bushakashatsi mu by’ikirere gikomeze gukora neza ni ngombwa ko Amerika n’u Burusiya bibifatanyamo.

Nibyo bihugu bihafite abahanga benshi, bunganirwa n’abo muri Canada, u Buyapani, u Butaliyani n’abandi bacye bo mu bindi bihugu.

Incamake ku Kigo Mpuzamahanga mu Bushakashatsi mu By’Isanzure, ISS.

Ikigo The International Space Station (ISS) gifite agaciro ka Miliyari 100$ ni ukuvuga miliyari 80 £.

Ni igicumbi cy’ubushakashatsi mu bumenyi butandukanye harimo iby’imihindagurikire y’ikirere, ubumenyi mu bimera(hagamijwe kumenya niba byakwera ahantu hataba rukuruzi y’isi, la force de pésanteur), no mu bundi buhanga busaba gukorerwa ubushakashatsi mu gice kitarimo imbaraga rukuruzi z’isi n’umwuka wa oxygen.

Ni ikigo gikorwamo n’abantu bahora barimburana.

Abenshi mu bagikoramo bava muri Leta zunze ubumwe z’Amerika no mu Burusiya.

Abandi basigaye baturuka  mu Buyapani no mu bihugu bigize Ikigo cy’Abanyaburayi kiga iby’isanzure kitwa ESA.

Ikigo cy’Abanyamerika kiga iby’isanzure ,NASA, nicyo gitanga amafaranga menshi mu mikorere y’iki kigo( miliyari 3$ ku mwaka) andi agatangwa n’u Burusiya n’ibindi bihugu.

Guhera mu mwaka wa 2000 abantu 244 nibo bageze kandi bakorera muri kiriya kigo.

Bose hamwe baturutse mu bihugu 19.

Ubuzima bw’iki kigo buri mu manegeka…

Muri iki gihe haribazwa uko iki kigo kizamera nikigeza mu mwaka wa 2025 kuko hari bimwe mu byuma byacyo bizaba byararangije igihe byagenewe byo gukora.

Ku rundi ruhande, biravugwa ko u Burusiya buri kubaka ikigo cyabwo kihariye kizaba kiri hafi ya kiriya.

Abashinwa nabo bubatse icyabo bwite badafite undi bagifatanyije.

Ni ikigo Abashinwa bise Tiangong (Mu Gishinwa bandika 天宫).

Cyo kirihariye kuko kiri mu bilometero biri hagati ya 340 n’ibilometero 450 uvuye ku isi.

TAGGED:AmerikaBidenBurusiyafeaturedIkigo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubyiruko Rwibuke Ko Rudakwiye Kwirinda COVID-19 Gusa…
Next Article Ifoto Ivuga: Gukingira Umunyarwanda Icyago Cyose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?