Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Unity Club Yongeye Gusabana N’Impinganzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Unity Club Yongeye Gusabana N’Impinganzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2023 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize Unity Club bahagarariye abandi basuye ababyeyi b’Impinganzima baba mu rugo rwa Bugesera babashimira umutima wo gutwaza wabaranze mu mwaka wa 2023 banabifuriza kuzagira umwaka mushya muhire wa 2024.

Prof Jolly Mazimhaka usanzwe ari Umunyamuryango wa Unity Club akaba yari umushyitsi mukuru niwe wagejejeho intashyo z’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club, Nyakubahwa Jeannette KAGAME, Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Yababwiye mu mpera z’umwaka,  abana basura ababyeyi babo bakabaganiriza, bagasangira ibyishimo bakaboneraho no kwifurizanya umwaka mushya muhire, kandi ngo icyo nicyo cyabazinduye.

Prof. Jolly Mazimhaka ati:”Tunejejwe no kongera kwicarana namwe babyeyi bacu muri uru rugo rwiza rw’IMPINGANZIMA, ngo twongere dusangire ibyishimo by’impera z’umwaka”

Avuga ko bisanzwe mu muco nyarwanda ko abana basura ababyeyi kugira ngo baganire, babasusurutse, basabane, basangire ndetse banashimire Imana ko yabarinze.

Uwo munezero ngo ugomba gukomeza no mu mwaka ukurikiye.
Prof Mazimhaka avuga ko iyo migirire yabaye umuco muri Unity Club.

Ababyeyi b’impinganzima zo mu Bugesera bashimiye Jeanette Kagame na Perezida Kagame ko bagize uruhare mu kububaka, bakaba bagiye gusaza neza.

Ingo z’Impinga nzima zashyizweho kugira ngo zifashe ababyeyi b’incike za Jenoside kugira ubuzima bwiza bagasaza neza.

Ni ahantu babonera ubuzima bwiza, bakitahwaho mu buryo bwose, haba kuvuzwa, kugaburirwa, kuganirizwa no gusenga.

Abitabye Imana bashyingurwa mu cyubahiro kigenewe umubyeyi wahekeye u Rwanda.

TAGGED:BugeserafeaturedImpinganzimaJeanetteKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yasabwe Kuzakora Byose Umutekano Mu Minsi Mikuru Ugasagamba
Next Article U Rwanda ‘Rwatashye’ Umuhanda Kagitumba-Kayonza-Rusumo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?