Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UPDATED: Impanuka Yabereye i Rusizi Yahitanye Batanu, Shoferi Acika Akaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

UPDATED: Impanuka Yabereye i Rusizi Yahitanye Batanu, Shoferi Acika Akaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 October 2022 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere imbangukiragutabara yari iturutse mu bitaro bya Mubilizi yakoreye impanuka ahitwa Nyakabuye muri Rusizi ihitana abantu batanu. Ku ikubitiro bane bahise bahasiga ubuzima.

Iyi mbangukiragutaba yari irimo abantu batandatu.

Kugeza ubu abantu batanu nibo bahaguye.

Amakuru yari yatambutse kare yavugaga ko umushoferi n’umuforomo bari bayirokotse ariko nyuma umuforomokazi nawe yaje kwitaba Imana ndetse amakuru twamenye nyuma y’aho avuga ko Shoferi yacitse akaguru.

Yari iturutse ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo muri Rusizi ikora impanuka igeze ahitwa Bunyereri.

Umushoferi wari uyitwaye yitwa Niyigena Théogène.

Amakuru avuga ko yaguye mu mugezi witwa Murundo.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Senior Superintendent of Police( SSP) René Irere nawe yemeje aya makuru avuga amakuru bafite avuga ko  abantu bane ari bo bamaze kwitaba Imana kubera iriya mpanuka.

Abajijwe niba yaba yatewe n’umuvuduko cyangwa ubunyereri, SSP Irere yasubije ko bakigenzura icyaba cyayiteye ariko ngo amakuru arambuye kuri yo araza kuyatangaza narangiza kuyabona.

Ikindi gikekwa gishobora kuba cyayiteye ni umunaniro w’umushoferi kubera ko yari yazindutse.

Iyi mpanuka ibaye ikurikira indi yari iherutse kubera mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge uva Shyorongi ugana mu Mujyi wa Kigali.

Yo yatewe n’ikamyo yavaga i Musanze ije i Kigali igonga minibus yari izamutse ijya i Musanze.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Umusangiro W’Ingabo Z’u Rwanda Na Perezida Wa Centrafrique
Next Article DRC: Abaturage Batwitse Umusirikare Ari Muzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?