Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwageze Ku Ntego Yo Gukingira COVID-19 Abaturage 40%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Rwanda Rwageze Ku Ntego Yo Gukingira COVID-19 Abaturage 40%

Last updated: 26 December 2021 2:33 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yageze ku ntego yo gukingira Abanyarwanda 40%, yari yatanzwe nk’umuhigo ugomba kweswa mbere y’uko uyu mwaka wa 2021 urangira.

Ni intego yagezweho nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu byatangajwe ko abantu bamaze gukingirwa covid-19 mu buryo bwuzuye ari miliyoni 5.3 naho abamaze guhabwa nibura urukingo rumwe ari miliyoni 7.5. Ni mu gihe abahawe urukingo rushimangira ari ibihumbi 105.

#Rwanda vaccinates >40% of total population against #COVID19; achieving @WHO 2021 target.
One more sign of citizen-centered leadership. #RwandaWorks #VaccinateRwanda pic.twitter.com/l13ROm21Mc

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) December 25, 2021

Iri janisha rishingiye ku bamaze gukingirwa ugereranyije na miliyoni 13 zituye u Rwanda. Intego ni uko umwaka utaha uzarangira hamaze gukingirwa 70%.

Ni intego ariko igezweho mu bihe bitoroshye kuko ubwandu bushya bwa COVID-19 burimo kwiyongera cyane.

Nibura mu minsi irindwi ishize handuye abantu 3099 mu Rwanda hose, aho igipimo cy’ubwandu muri iyo minsi ari 2.4%.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel aheruka kuvuga ko ubwandu bushya butizwa umurindi na virus yihinduranyije ya Omicron.

Ati “Twamaze kurenga cya gipimo cyo munsi y’abantu batanu ku bantu 100,000 bafite uibwandu bwa COVID, tumaze kujya hejuru yaho. Munsi yaho uba uri mu cyiciro cy’ubwandu buke, budakabije cyane, niho tumaze amezi nk’atatu kuva igihe habagaho ukwiyongera kwa COVID mu kwezi ka karindwi n’ukwa munani. Twari turi munsi y’abantu 5/100,000 ubu twongeye kujya hejuru.”

Icyo gihe yavuze ko uko umubare w’abanduye uba munini, ari nako bizamura ibyago by’uko abaremba bashobora kuba benshi.

Yakomeje ati “Aho tugana rero ni ho habi, tugomba no kwirinda.”

Imibare imaze gutumbagira kuko nko kuri uyu wa Gatandatu abanduye bashya bari 713, mu gihe igipimo cy’abanduye ugereranyije n’abapimwe cyari 3.9%.

Uretse abarwayi bashya babonetse, abajya mu bitaro nabo barimo kwiyongera kuko kuti uyu wa Gatandatu hagiyemo 9, mu gihe mu cyumweru gishize bose hamwe ari 57. Abarembye ni babiri.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedInkingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingo Ibihumbi 10 Zigiye Guhabwa Amashanyarazi Kubera 15,000 Frw
Next Article Ibyo Twamenye Ku Muntu ‘Wiciwe’ Ku Muhima Ejo Hashize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?