Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rwa DRC Rurambiwe Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urubyiruko Rwa DRC Rurambiwe Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2021 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore n’inkumi bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo baraye bandikiye ibaruwa ifunguye Perezida Felix Tshisekedi imusaba gukora uko ashoboye akarangiza intambara imaze imyaka ica ibintu mu Burasirazuba bwa kiriya gihugu.

Iriya baruwa yandikiwe Umukuru wa DRC mu gihe yatangiye kuyobora Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, asimbuye Cyril Ramaphosa usanzwe ayobora Afurika y’Epfo.

Umuyobozi w’ihuriro ry’urubyiruko rwa DRC Bwana Néhémie Lumbuku yagize ati: “ Turashaka ko muri Manda ya Tshisekedi agiye kumara ayobora Union Africaine agomba kuzarangiza ikibazo cy’abarwanyi bamaze imyaka myinshi babuza amahwemo abatuye Uburasirazuba bw’igihugu cyacu.”

Radio Okapi ivuga ko Lumbuku yasabye urubyiruko ruri muri iriya mitwe kuyivamo rukagana ishuri kandi rukiyubakira igihugu.

Nta gihe kinini gishize Perezida Tshisekedi ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango w’Afurika yunze ubumwe. Ategerejwe n’akazi kenshi kandi gakomeye haba mu gihugu cye ndetse no muri Afurika muri rusange.

Aka gace kibasiwe n’abarwanyi kubera amabuye y’agaciro gakungahayeho

Muri DRC agomba gusubiza ibintu mu buryo nyuma yo gutandukana na Kabila, akubaka urugomero rwa Inga, agahangana n’abitwaje intwaro.

Guhangana n’abarwanyi bakorera mu Burasirazuiba bwa DRC biri mu bintu bizamugora cyane kuko hari imitwe irenga 120 yabo ikorera muri kariya gace.

Umwe muri yo ni FDLR iherutse kwica Ambasaderi w’u Butaliyani muri kiriya gihugu bwana Luca Attanasio.

TAGGED:featuredOkapiRadioTshisekediUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Johnson & Johnson Igiye Kuzana Umwihariko Mu Gukingira COVID-19
Next Article Biruta Yayoboye Inama Y’Abashinzwe Ububanyi N’Amahanga Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?