Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Musanze bati : ‘Turarembye cabinet itudohorere idushyire 8h00 pm nk’abandi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

I Musanze bati : ‘Turarembye cabinet itudohorere idushyire 8h00 pm nk’abandi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2021 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 04, Mutarama, 2021, mu masaha akuze Inama y’Abaminisitiri iraterana yongere isuzume uko icyorezo COVID-19 gihagaze mu Rwanda bityo ifate izindi ngamba. Iziheruka zasize zemeje ko abatuye i Musanze bazajya baba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro , abandi bose bakaba bari mu ngo zabo saa mbiri. Ab’i Musanze baratakamba.

Kuba abaturage b’i  Musanze bagomba kuba bari mu ngo zabo bitarenze saa moya, byababereye umutwaro, bamwe bakemeza ko nta muntu ushobora kumenyera isaha ya saa moya kandi atuye mu mujyi.

Hari abatubwiye ko kujya i Musanze uturutse i Kigali bisaba ko wica umubyizi kuko iyo ukatishije tike muri Nyabugogo ukayikarisha urengeje saa kenda z’amanywa(3h00 pm) byanze bikunze urara muri Stade.

Bifuza ko Inama y’Abaminisitiri yaza guca inkoni izamba, ikemeza ko abatuye Musanze nabo bajya baba bari mu ngo zabo saa mbiri z’ijoro nk’uko bimeze n’ahandi mu Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Etienne Mwumvaneza atuye kandi akorera mu Mujyi wa Musanze.

Yabwiye Taarifa ko Musanze igomba gufatwa n’utundi turere tw’u Rwanda abayituye bagashyirirwaho isaha yo kuba bari mu ngo zabo itari mu nsi y’iyo abandi Banyarwanda bashyiriweho.

Ati: “Nk’umuntu uba Musanze ndifuza ko natwe badushyira saa mbiri. Kibe icyemezo kireba igihugu cyose, ntibaduye umwihariko nk’aho tutari Abanyarwanda nk’abandi.”

Avuga ko kubera ko abantu bose batuye i Musanze  ‘bategetswe’ kuba bari mu ngo zabo  bitarenze saa moya, iyo imodoka itwara abagenzi igeze ku Mukamira ntiba igikomeje igana i Musanze kuko yagerayo saa moya zageze kandi bitemewe.

Ibi bivuze ko hari abagenzi barara nzira.

- Advertisement -

Undi witwa Aline Rwatangabo ukorera nawe i Musanze asaba Leta kuza kubadohorera kuko ubucuruzi bwabo bwahombejwe no gutaha kare kandi baba bazasora.

Rwatangabo avuga ko saa moya yabigishije, bakaba baramenye ko bagomba kwirinda kugira ngo badakomeza kwandura bityo agasaba ko Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Mbere tariki 04, Mutarama, 2021 yaza guca inkoni izamba ikabashyira ku isaha abandi Banyarwanda batahira.

Yagize ati: “ Ndakubwiza ukuri ko Saa moya yatwigishije. Nibatudohorere, rwose twarakubititse.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 14 Ukuboza 2020, yahinduye zimwe mu ngamba n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Yashyizeho amasaha y’ingendo ubusanzwe yari amaze iminsi agena ko kugera mu rugo ari saa yine z’ijoro (22:00).

Ibyemezo by’iriya Nama y’Abaminisitiri, byavugaga ko hagati ya tariki 15 na 21 Ukuboza 2020, ingendo zibujijwe kuva saa tatu z’ijoro (21:00) kugeza saa kumi za mu gitondo (04:00) .

Guhera tariki 22, Ukuboza, 2020 hashyizwemo umwihariko wo kugera mu rugo saa mbiri z’ijoro (20:00), mu mujyi wa Kigali ariko i Musanze biguma kuba saa moya z’ijoro(7h00 pm).

COVID-19 iracyica abantu…

Kuri uyu wa Mbere nibwo umubare w’Abanyarwanda bamaze kwicwa na kiriya cyorezo warenze 100 baba 101.

Minisiteri y’ubuzima yihanganishije ababuze ababo, igasaba abantu gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda kiriya cyorezo harimo kwambara neza agapfukamunwa n’amazuru, guhana intera ahahurira abantu benshi, gukaraba intoki neza no kuba abantu bari mungo zabo bitarenze amasaha twavuze haruguru yagenwe n’Inama y’Abaminisitiri.

Ibyemezo biheruka ni uko byabigennye
TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredInamaMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzu ya 500.000 Frw i Karongi, Intego y’umunyonzi uhakorera|| Inzozi ni ukuba umuyobozi
Next Article Miss Uwihirwe Yassip ‘yagizwe Ambasaderi’ mu Mujyi wa Nigeria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?