Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’Abakorerabushake Ruzajya Ruhugura Abakoresha Umuhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Urubyiruko Rw’Abakorerabushake Ruzajya Ruhugura Abakoresha Umuhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (RYVCP) rwo mu Mujyi wa Kigali rwaraye ruhuguwe na Polisi ku bumenyi bwo kuzafasha abakoresha umuhanda kugira imyitwarire ibarinda mu gihe bawukoresha.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe ibikorwa n’ituze rusange, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yavuze ko Polisi y’u Rwanda iha agaciro gakomeye ubufatanye n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha.

Ati: “ Polisi y’u Rwanda ibashimira imyaka ishize muri mu bikorwa byo kwitanga birimo n’ibyo mwakoze igihe COVID-19 yari yugarije igihugu mugafasha Abanyarwanda kubahiriza amabwiriza yo kuyikumira no kuyirwanya”.

CP George Rumanzi aganira n’uru rubyiruko

Rumanzi avuga ko uruhare bagira mu gukangurira abaturage gukumira ibyaha, kurwanya ibiyobyabwenge n’ibikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abaturage batishoboye ari urwo gushima.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yababwiye ko Polisi y’u Rwanda yabatumiye ngo ibashimire kandi ibasabe gukurikirana neza amasomo bagiye guhabwa.

Uyu mupolisi mukuru yabashishikarije kuzakoresha neza ubwo bumenyi bukazabafasha guhugura abantu cyane cyane abanyeshuri n’abandi bafite intege nke uko umuhanda ukoreshwa neza.

Polisi yasabye uru rubyiruko kuzigisha n’abashoferi kuroherana na bagenzi babo basangiye umuhanda.

Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe urubyiruko rw’abakorerabushake Richard Kubana yavuze ko urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rufite imikorere yihariye n’indangagaciro biruranga kandi bigomba gusigasirwa.

Yagize ati: “Ubukorerabushake bubaho muri rusange kandi bukorwa na benshi ariko iyo bigeze ku bukorerabushake bw’urubyiruko mu gukumira ibyaha biba ibyihariye. Mwari musanzwe mugira uruhare mu gukumira ibyaha aho mutuye ariko noneho mugiye gutanga umusanzu no mu mutekano wo mu muhanda. Murasabwa kuzarangwa no gukunda igihugu”.

- Advertisement -

Yabasabye kandi kuzarangwa na disipuline n’izindi ndangagaciro kugira ngo bashobore gutanga umusaruro.

Mu Rwanda hari urubyiruko rw’abakorerabushake barenga miliyoni 1.9.

Bafatanya na Polisi y’u Rwanda cyane cyane mu bukangurambaga bujyanye n’umutekano n’ibindi bikorwa biteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Abagiye guhugurwa na Polisi bazamenyerezwa uburyo bwo gufasha abakoresha umuhanda imikoreshereze  iboneye y’ahagenewe kwambukira abanyamaguru (Zebra Crossing) mu mihanda itandukanye yo mu mujyi wa Kigali.

Mu gihe kiri imbere amahugurwa nk’ayo akazakomereza no mu zindi Ntara.

Ayo mahugurwa y’umunsi umwe yabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village mu Karere ka Nyarugenge ategurwa ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, Ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta (RCSP) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP).

Abo basore n’inkumi bageraga ku bantu 1430.

Bahawe ibiganiro bitandukanye birimo akamaro k’ubufatanye mu gukumira impanuka, indangagaciro n’imyitwarire ikwiye kuranga urubyiruko rw’abakorerabushake mu gihe bari mu kazi.

Bahuguwe kandi ku bumenyi mu itumanaho n’uko baganira n’abaturage mu buryo butuma bahererekanya nabo amakuru y’ingenzi, bahugurwa ku nshingano z’abakorerabushake, indangagaciro na kirazira bigomba kuzabaranga.

TAGGED:AmahugurwafeaturedPolisiRumanziUbukangurambagaUmuhandaUmutekanoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rukiko Musonera Yagaragaje Gupfobya Jenoside
Next Article Burundi: Abantu 300 Banduye Ubushita Bw’Inkende
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?