Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’i Musanze Rwahawe Inzu Yo Kurwanyirizamo Ubujiji
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’i Musanze Rwahawe Inzu Yo Kurwanyirizamo Ubujiji

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2023 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushinga wo kubaka iyo nyubako watangiye muri Mutarama 2022 ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’Ubwami bw’u Bubiligi bubinyugije mu masezerano hagati y’Ikigo gishinzwe gutera Inkunga ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Akarere ka Musanze n’Umushinga Enabel.

Ni inzu urubyiruko ruzajya rwihuguriramo, rukarwanya ubujiji.

Inyubako yaraye itashywe mu by’ukuri yuzuye mu mwaka wa 2011 ariko iza gusaza.

Nyuma yo kuvugururwa, yaraye itashywe ikazatangirwamo serivisi zifasha urubyiruko kubona amakuru  y’amasoko,  kuruhuza n’abatanga akazi, gutanga amahugurwa yo kwihangira imirimo hakoreshejwe ikoranabuhanga, serivisi z’ubuzima bw’imyororokere ku rubyiruko… ibyo byose bigatangirwa ubuntu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugira ngo izo serivisi zose zibone aho zizatangirwa, byabaye ngombwa ko kiriya kigo cyagurwa, cyongerwamo ibikoresho n’imfashanyigisho bihagije.

Mu mbuga z’iyo nyubako, hubatswe ibibuga byo gukiniraho imikino nka Basketball, Volleyball na  Handball ndetse n’isomero, icyumba cy’amahugurwa n’ibindi.

Urubyiruko rwitabiriye igikorwa cyo kubitaha rwashimiye ko rwahawe ahantu ho kurwanyiriza ubujiji no kugororera ingingo.

Niyomwungeri Augustin ati “Iki kigo cya Musanze (Innovation Hub), cyamfashije kumva ko ibitekerezo mfite nshobora kubibyaza umusaruro w’amafaranga azantunga mu buzima bw’ejo hazaza, harimo ibikoresho bitandukanye bikazamfasha kunoza umwuga wanjye.”

Avuga ko gukoresha neza ibikoresho bahawe, biri mu bizatuma bagira ubumenyi kandi bikazagirira akamaro bagenzi babo bazabikenera mu gihe kiri imbere.

- Advertisement -

Bert Versmessen, Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda witabiriye uwo muhango, yashimiye abafatanyabikorwa bafatanyije mu mushinga wo kuvugurura icyo kigo.

Bert Versmessen, Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda

Avuga  ko ari amahirwe akomeye ku rubyiruko rufite ubushake bwo guhanga udushya no guhanga imirimo, asaba urubyiruko kubyaza umusaruro ayo mahirwe rwahawe azarufasha gutera imbere.

Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima Abdallah yasabye urubyiruko kuzakoresha neza ubumenyi bazakura muri kiriya kigo mu kurwanya ingeso mbi zimaze kokama bamwe mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Ati “Rubyiruko rwacu, iki kigo cyasanwe ni icyanyu, ni mwe cyagenewe kandi ni mwe mugomba kukibyaza umusaruro, muhange ibishya bikemura ibibazo bibangamiye umuryango nyarwanda, by’umwihariko mwebwe urubyiruko.”

Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Utumatwishima Abdallah

Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko kugendera kure ingeso mbi zo kunywa ibiyobyabwenge, kunywa inzoga nyinshi, inda ziterwa abangavu, ubuzererezi n’indi myitwarire idakwiye kuranga urubyiruko rw’u Rwanda.

TAGGED:featuredIkigoMusanzeUrubyirukoUtumatwishima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mutwe Wo Gufasha FARDC Wavutse
Next Article Ibibazo Byinshi Bigezwa Muri Komisiyo Y’Uburenganzira Bwa Muntu Ni Iby’Imitungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?