Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugaga Rw’Abakozi CESTRAR Rurasaba Leta Kwita Ku Mutekano W’Abakora Mu Birombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urugaga Rw’Abakozi CESTRAR Rurasaba Leta Kwita Ku Mutekano W’Abakora Mu Birombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2023 9:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye amasaha make ngo u Rwanda n’ahandi ku isi muri rusange hizihizwe umunsi mpuzamahanga w’abakozi, urugaga nyarwanda rw’abakozi, Centrale des Syndicats de Travailleurs du Rwanda( CESTRAR) rurasaba Leta n’abandi bakoresha kwita byihariye ku mutekano w’abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro.

Ubuyobozi bw’uru rugaga rusabye ibi mu gihe umuhati wo gukura abantu batandatu mu cyobo cya metero 80 baguyemo bajya gushakamo amabuye y’agaciro nta musaruro uratanga, hakaba hagiye gushira ibyumweru bibiri.

Ni impanuka yabereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, abaguyemo uko ari batandatu bakaba batarakurwamo magingo aya.

Urugaga nyarwanda rw’abakozi ruvuga ko Leta ikwiye gukomeza kureba niba abacukura amabuye batekanye bihagije.

Ruvuga ko aho abakozi bakorera hagomba kuba hatekanye kandi ari ahantu hizewe.

Ibyo ngo ni uburenganzira bw’ibanze bwa buri mukozi.

Ikindi basaba ni uko abakoresha bagomba kuzirikana ko umutekano w’abakozi babo ari wo shingiro ry’umusaruro batanga.

Abacura amabuye y’agaciro  bahembwa amafaranga adahuye n’imvune n’ibyago bahurira nabyo mu kazi.

Igika kimwe mu bigize itangazo ry’urugaga nyarwanda rw’abakozi rivuga ko ‘ikibazo cy’impanuka’ mu bakozi bacukura amabuye y’agaciro gikwiye kwitabwaho.

Icyo gika kivuga ko inzego zose zikwiye gukorana kugira ngo impamvu zose zitera impanuka mu bacukura amabuye y’agaciro zikurweho.

Hejuru y’ibi, hiyongeraho ko n’imishahara y’abakozi muri rusange itagendanye n’ikiguzi cy’imibereho.

Ubuyobozi bwa CESTRAR buvuga ko ibiciro ku isoko byazamutse bityo ko n’abakoresha bakwiye kureba uko bazamura umushahara w’abakozi kugira ngo ‘bajye bakora mu nda harimo ikintu’.

Icyo Depite abivugaho…

Depite Damien Nyabyenda yabwiye Taarifa ko ubusabe bwa CESTRAR bufite ishingiro kubera ko abacukura amabuye y’agaciro umwanya munini w’akazi kabo bawumara bari munsi y’ubutaka.

Avuga ko abafite ibirombe bagomba kugenzura niba abakozi babo bose bafite ingofero n’ibindi byangombwa bibarindira ubuzima.

Nyabyenda asaba abakoresha bose kuzirikana ko umutekano w’umukozi ari wo utuma atanga umusaruro, akiteza imbere kandi n’ikigo akorera bikaba uko.

Ati: “ Abakoresha bafite inshingano zo kwita ku bakozi babo. Ndasaba abakoresha kuzuza inshingano zabo bagaha abakozi ibyo bakeneye kugira ngo batange umusaruro bitezweho.”

Kuri uyu wa Mbere taliki 01, Gicurasi, 2023 u Rwanda ruzifatanya n’amahanga kwizihiza umunsi wahariwe abakozi.

Ni umunsi ngarukamwaka uzirikanwaho akamaro k’umukozi mu iterambere ry’isi no kurebera hamwe ibimubangamiye bituma atanga umusaruro nkene bigakurwaho.

TAGGED:AgaciroAmabuyefeaturedUmukoziUrugaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Avuga Ko Ubukene Bw’Ababyeyi Buha Icyuho Abashaka Gusambanya Abanyeshuri
Next Article Polisi Y’u Rwanda Yahuguye Iya Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?