Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugo Rw’Uwahoze Ayobora Nakumatt Rwatejwe Cyamunara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urugo Rw’Uwahoze Ayobora Nakumatt Rwatejwe Cyamunara

Last updated: 09 April 2021 10:11 am
Share
SHARE

Abahesha b’inkiko muri Kenya bateje cyamunara urugo rw’uwahoze ari umuyobozi wa Nakumatt, Atul Shah, kugira ngo hishyurwe umwenda ungana na miliyari 2 Ksh afitiye banki imwe yo muri Kenya, ni ukuvuga asaga miliyari 18 Frw.

Uyu mugabo amaze igihe mu nkiko nyuma y’uko iguriro rye rya Nakumatt ryari rikomeye muri aka karere ryanakoreraga mu Rwanda, rihombye, kugeza ubwo ryafunze imiryango ritabashije kwishyura abantu bose ryari ribereyemo amadeni.

Cyamunara y’urugo rwe ruherereye ahitwa Lavington yabaye nyuma y’uko Urukiko Rukuru rutesheje agaciro ubusabe bwa Shah, wasabaga kuba baretse kumutereza cyamunara imitungo mu gihe agishaka ubwishyu. Gusa umucamanza Francis Tuiyott yabiteye utwatsi.

Ibinyamakuru byo muri Kenya byatangaje ko uyu ari umutungo we wa kabiri ugurishijwe, nyuma y’uko muri uyu mwaka hagurishijwe ibikorwa yari afite mu cyanya cyahariwe inganda cya Nairobi, byagurishijwe miliyari Ksh 1.04.

Hari amakuru ko Shah yaba yarafashe inguzanyo nyinshi binyuze mu kigo cye cyitwa Collogne Investments, agerageza kuzahura Nakumatt yari yugarijwe n’ibibazo by’ubukungu.

Izo nguzanyo ntabwo zabashije kwishyurwa kuko Nakumatt yanze igahirima muri Mutarama 2020, igifite imyenda ya miliyari Ksh30 (asaga miliyari 270 Frw). Harimo miliyari Ksh18 (miliyari 160 Frw) zifitiwe abayigemuriye ibyo yacuruzaga na banki zitandukanye.

Ni imyenda yabaye umurengera ubwo yazamukaga cyane guhera mu myaka ya 2013 na 2015, ivamo ikibazo cy’ubukungu cyayikuye ku isoko.

Mu Ukuboza 2015 ubwo Nakumatt yari igikora neza ryari rigeze ku maguriro 65 muri  Kenya, Uganda, u Rwanda na Tanzania.

Nakumatt yari iguriro rikomeye none yabaye amateka
TAGGED:featuredNakumatt
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Prof. Gambari Uheruka Gushimwa Na Perezida Kagame Ni Muntu Ki?
Next Article Umucamanza Wanze Ko Bagosora Arekurwa Afitiye Ubutumwa Abarokotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?