Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Bunyankungu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo my Karere ka Ruhango abantu bataramenyekana basanze abanyerondo batanu bari mu kazi barabadukira barabatema. Batemyemo bane barangije bariruka.

Amakuru avuga ko uru rugomo rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa kenda, bikaba byakozwe n’abantu bari bitwake imihoro.

N’ubwo hataramenyekana ababikoze, harakekwa ko ari abajura bari bagiye kwiba bakaza gusakirana n’abanyerondo bakabatema mu rwego rwo gushaka uko babacika.

Abaturage bo mu isanteri byabereyemo bavuga ko ababikoze bashobora kubabari bagiye kwiba mu iduka riri muri ako gasanteri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo Nemeyimana Jean Bosco, yemeje aya makuru ko mu gicuku cyo kuri uyu 20 Gashyantare 2014 ari bwo abo bagabo bane bari ku irondo batemwe n’abo bantu, ababatemye bahita bacika.

Ati: “Hatemwe abagabo bane bari baraye irondo.  Batemwe n’abantu bakoresheje imihoro idatyaye bigaragara ko bari bameze nk’ababahunga kuko ntabwo babatemaguye ngo babatere inguma zikomeye.”

Asaba abaturage kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe kugira ngo aba bagizi ba nabi bajye bafatwa.

Yibutsa abaturage ko umutekano wabo urinzwe neza,  abizeza ko hatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo abatemye abari ku irondo baryozwe ibyo byaha.

Imvaho yanditse ko abatemwe bajyanywe kuvurizwa ku Kigo Nderabuzima cya Gishweru.

TAGGED:AbanyerondoIdukaIkigoRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kurinda Ikirere Cy’U Rwanda Byashyizwemo Imbaraga
Next Article Nyarugenge: Mu Rugo Rw’Umuturage Hagaragaye Imyambaro Bikekwa Ko Ari Iy’Abazije Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?