Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Bunyankungu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo my Karere ka Ruhango abantu bataramenyekana basanze abanyerondo batanu bari mu kazi barabadukira barabatema. Batemyemo bane barangije bariruka.

Amakuru avuga ko uru rugomo rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa kenda, bikaba byakozwe n’abantu bari bitwake imihoro.

N’ubwo hataramenyekana ababikoze, harakekwa ko ari abajura bari bagiye kwiba bakaza gusakirana n’abanyerondo bakabatema mu rwego rwo gushaka uko babacika.

Abaturage bo mu isanteri byabereyemo bavuga ko ababikoze bashobora kubabari bagiye kwiba mu iduka riri muri ako gasanteri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo Nemeyimana Jean Bosco, yemeje aya makuru ko mu gicuku cyo kuri uyu 20 Gashyantare 2014 ari bwo abo bagabo bane bari ku irondo batemwe n’abo bantu, ababatemye bahita bacika.

Ati: “Hatemwe abagabo bane bari baraye irondo.  Batemwe n’abantu bakoresheje imihoro idatyaye bigaragara ko bari bameze nk’ababahunga kuko ntabwo babatemaguye ngo babatere inguma zikomeye.”

Asaba abaturage kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe kugira ngo aba bagizi ba nabi bajye bafatwa.

Yibutsa abaturage ko umutekano wabo urinzwe neza,  abizeza ko hatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo abatemye abari ku irondo baryozwe ibyo byaha.

Imvaho yanditse ko abatemwe bajyanywe kuvurizwa ku Kigo Nderabuzima cya Gishweru.

TAGGED:AbanyerondoIdukaIkigoRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kurinda Ikirere Cy’U Rwanda Byashyizwemo Imbaraga
Next Article Nyarugenge: Mu Rugo Rw’Umuturage Hagaragaye Imyambaro Bikekwa Ko Ari Iy’Abazije Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?