Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Bunyankungu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo my Karere ka Ruhango abantu bataramenyekana basanze abanyerondo batanu bari mu kazi barabadukira barabatema. Batemyemo bane barangije bariruka.

Amakuru avuga ko uru rugomo rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa kenda, bikaba byakozwe n’abantu bari bitwake imihoro.

N’ubwo hataramenyekana ababikoze, harakekwa ko ari abajura bari bagiye kwiba bakaza gusakirana n’abanyerondo bakabatema mu rwego rwo gushaka uko babacika.

Abaturage bo mu isanteri byabereyemo bavuga ko ababikoze bashobora kubabari bagiye kwiba mu iduka riri muri ako gasanteri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo Nemeyimana Jean Bosco, yemeje aya makuru ko mu gicuku cyo kuri uyu 20 Gashyantare 2014 ari bwo abo bagabo bane bari ku irondo batemwe n’abo bantu, ababatemye bahita bacika.

Ati: “Hatemwe abagabo bane bari baraye irondo.  Batemwe n’abantu bakoresheje imihoro idatyaye bigaragara ko bari bameze nk’ababahunga kuko ntabwo babatemaguye ngo babatere inguma zikomeye.”

Asaba abaturage kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe kugira ngo aba bagizi ba nabi bajye bafatwa.

Yibutsa abaturage ko umutekano wabo urinzwe neza,  abizeza ko hatangiye iperereza ryimbitse kugira ngo abatemye abari ku irondo baryozwe ibyo byaha.

Imvaho yanditse ko abatemwe bajyanywe kuvurizwa ku Kigo Nderabuzima cya Gishweru.

TAGGED:AbanyerondoIdukaIkigoRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kurinda Ikirere Cy’U Rwanda Byashyizwemo Imbaraga
Next Article Nyarugenge: Mu Rugo Rw’Umuturage Hagaragaye Imyambaro Bikekwa Ko Ari Iy’Abazije Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?