Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhare Inzu Ndangamurage Z’u Rwanda Zifite Mu Kuzahura Ubukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uruhare Inzu Ndangamurage Z’u Rwanda Zifite Mu Kuzahura Ubukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2022 10:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ingoro  ndangamurage z’u Rwanda, Ambasaderi Robert Masozera avuga ko mbere y’uko icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda inzu ndangamurage zinjirizaga igihugu Frw 200, 000, 000. Ubu zaragabanutse cyane…

Bikubiye muri iki kiganiro…

Taarifa : Mukurikije imibare mufite, muri iki gihe ingoro ndangamurage z’u Rwanda zisurwa zite?

Amb Masozera : Muri ibi bihe duhanganye na COVID-19,  ingoro ndangamurage zirasurwa kandi buri munsi. Bikorwa  hubahirizwa ingamba zose zo gukumira iki cyorezo.

Gusura ingoro ndangamurage bitangira saa mbiri za mu gitondo( 8h:00 am) kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba(17 :00 pm). Twirinda ko abasura baza bari mu matsinda magari,  ahubwo tukabikora mu matsinda mato kugira ngo hatabaho gukwirakwiza ubwandu. Iyo hari abateganya kuzasura ingoro runaka, babivuga mbere bagahabwa ibihe bitandukanye.

Gusura kandi bikorwa hubahirizwa amabwiriza yo guhana intera, gukaraba intoki neza ndetse no kwambara neza agapfuka munwa n’amazuru.

Taarifa: Muri iki gihe ingoro ndangamurage z’u Rwanda zinjiriza gute Ikigega cya Leta?

Amb Masozera: Mu bihe bisanzwe mbere y’icyorezo cya COVID -19, ingoro ndangamurage uko ari umunani(8)zakiraga abashyitsi barenga ibihumbi magana abiri (200,000) mu mwaka.

Bose hamwe bishyuraga  Frw 200,000,000 ku mwaka.

Muri ibi bihe duhanganye n’icyorezo cya COVID19 imibare yaragabanutse ariko ubu itangiye kuzamuka.

Dufashe nk’urugero mu gihembwe cya mbere cya Nyakanga-Nzeri 2021, ayaturutse mu gusura ingoro ndangamurage yari Frw 15,052,585  wakongeraho ibindi bikorwa bikorerwa mu ngoro byinjiza amafaranga yose hamwe akaba Frw 32,472,210.

Amb Robert Masozera( Photo@The New Times)

Taarifa: Ni iyihe ngoro isurwa cyane kurusha izindi mu Rwanda kandi mubona biterwa n’iki?

Amb Masozera: Ingoro isurwa cyane kurusha izindi mu Rwanda  ni Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside iherereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.

Impamvu isurwa cyane ni uko ari Ingoro nshya yafunguwe ku wa 13, Ukuboza, 2017.

Ikundwa n’abantu b’ingeri zose cyane cyane urubyiruko kuko yerekana amateka ya vuba yo mu gihe kigoye u Rwanda rwanyuzemo ariko rukaza kugaruka mu buzima.

Amateka amurikirwa muri iyi ngoro, agaruka ku bantu barimo bamwe bakiriho ubu kandi bafatwa nk’icyitegererezo mu Muryango Nyarwanda.

Indi mpamvu ni uko ibiyimurikirwamo  byubakamo  abantu icyizeze cy’ubudaheranwa, uyisuye agakuramo amasomo y’indagagaciro zikwiye kumuranga mu buzima bwe kabone n’ubwo byaba ari mu bihe by’amage bigoye.

Taarifa: Tugarutse kuri nzu ya Gicanda iherutse gutangazwa kuzagirwa ndamurage,  mubona izibutsa iki Abanyarwanda?

Amb Masozera: Inzu yatuwemo n’Umwamikazi wa nyuma w’ u Rwanda Rosalie Gicanda ni umwe mu murage w’u Rwanda ukwiye kubungabungwa. Bigomba gukorwa hashingiwe ku itegeko No 28/2016 ryo ku wa 22/7/2016 rigena  ibungabungwa ry’umurage ndangamuco n’ubumenyi gakondo kugira ngo n’abazavuka mu bihe bizaza bazamenye aya mateka nk’inzu yacumbikiwemo Umwamikazi wu Rwanda kuva muri 1964 kugeza muri 1994. Ni umushinga watekerejweho ndetse ukorerwa n’inyigo k’ubufatanye n’izindi nzego z’abafatanyabikorwa. Kugeza ubu igisigaye ni ukuwubonera ingengo y’imari ugashyirwa mu bikorwa.

Uretse kubungabunga aya mateka, iriya nzu izanafasha mu kugaragaza amateka y’Umujyi wa Huye kuva watangira gutera imbere uhereye mu gihe cya gikoloni ubwo witwaga Astrida.

Hari mu myaka ya 1930.

Iyi nzu yitezweho kuba kimwe mu bikorwa by’ubukerarugendo bishingiye ku muco.

Abanyarwanda rero bazungukiramo byinshi  birimo iterambere mu mibereho n’ubukungu kuko igihe izaba imaze gusanwa, byitezwe ko izajya isurwa n’abantu bari hagati ya 350-400 mu Cyumweru.

Kugira ngo ikore, bizaba ngombwa ko bamwe mu batuye Huye bayihabwamo akazi.

Abatanga serivisi z’ubucuruzi n’izindi zitandukanye bazungukira mu kwakira abashyitsi bazaba baje gusura iriya nzu, bagacyenera kurara muri Huye.

Taarifa: Ese mubona Abanyarwanda bakunda inzu z’umurage w’igihugu cyabo?

Amb Masozera: Yego Abanyarwanda bakunda ingoro ndangamurage z’igihugu cyabo.

Bigaragarira no mu mibare y’abazisura kuko  abasaga 75% ni Abanyarwanda.

Icyakora hari bamwe bibwira ko gusura Ingoro bihenze cyane ugasanga batitabira ariko ni uko baba badafite amakuru, ariko siko biri.

Ikindi ni uko hari Abanyarwanda batazi ibisabwa kugira ngo umuntu asure ingoro ndangamurage bityo bakibwira ko bihenze cyane.

Taarifa: Muri iki gihe ibintu bisa n’ibiri gusubira mu buryo, ubuyobozi bw’ingoro ndangamurage z’u Rwanda buri kubyitwara bute ngo ingoro zongere zikore nka mbere?

Amb Masozera: Kugira ngo ibintu bisubire mu murongo, Inteko y’Umuco iri kureba uko yakongera umusaruro uva mu gusura Ingoro Ndangamurage, izabigeraho irushaho gutanga serivisi nziza ku basura, guteza imbere ikoranabuhanga hashyirwaho uburyo bwo gusura hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure; kuvugurura amamurika akanozwa, akajyana n’igihe ndetse no gushyiraho ibifasha abashyitsi igihe bari gusura.

Niyo mpamvu hari amavugurura ari gukorwa, hari nk’imurika ku mateka yo kwigira kw’Abanyarwanda ryafunguwe mu Kagari ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza mu ‘Ngoro nshya yo kwigira’.

Hari kubera imurika rigaragaza uko kuva mu gihe cya kera Abanyarwanda bishakagamo ibisubizo by’ibibazo byabo ubwabo.

Ikindi ni uko hari kuvugururwa Ingoro y’Amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda iherereye ku Mulindi mu Karere ka Gicumbi.

Ibi byose bizakomeza guherekezwa n’ubukangurambaga mu buryo butandukanye bugamije gushishikariza Abanyarwanda n’abandi bose gusigasira ariko kandi bakamenya n’umurage w’amateka yabo.

Taarifa: Turabashimye ku kiganiro muduhaye.

Amb Masozera: Taarifa namwe murakoze.

TAGGED:COVID-19featuredIngoroMasozeraNyanzaTaarifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaganga Bigenga Bafashe Icyemezo Kiri Bugire Ingaruka Zikomeye Ku Baturage
Next Article Perezida Wa Burkina Faso Yahiritswe Ku Butegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?