Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwemeje Ko Gen Sejusa Atajya Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urukiko Rwemeje Ko Gen Sejusa Atajya Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2022 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu mategeko bavuga ko amategeko aba mu bitabo hanyuma Abanyarwanda bo bakongeraho ko arusha amabuye kuremera. Ku byerekeye ibibera muri Uganda, urukiko rwategetse ko  Gen Sejusa ari umusiriakre, ko atagomba gufatwa nk’uwashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Bivugwa ko Perezida Museveni yari yaranze nkana kumushyira mu kiruhuko cy’izabukuru ngo atazajya muri Politiki.

Sejusa yari yaraburanye mu rukiko rukuru aratsindwa, ajuririra mu rukiko rw’ubujurire none narwo rwanzuye ko agomba gukomeza kuba umusirikare.

N’ubwo Sejusa atemerewe kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, yambuwe abasirikare bamurinda nka Jenerali yamburwa n’ibindi byose biranga umusirikare ukiri mu kazi.

Amaze kubona ko nta kintu asigariyeho, David Sejusa yagejeje ikirego mu rukiko asaba ko rwamurenganura, bikemezwa ko yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru kuko ngo n’ubwo Perezida Museveni atabyeruye ariko bigaragara ko ari ho yashyizwe mu buryo buziguye.

Ubujurire bwe nta kintu bwamugejejeho kuko urukiko rwemeje ko akomeza kuba umusirikare.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urugereko rw’Urukiko rw’Ikirenga rushinzwe ibibazo by’abasivili, kikaba cyatangajwe n’umucamanza witwa Margret Oumo Oguli.

Uyu mucamanza yavuze ko kuba Sejusa yarambuwe abasirikare bamurindaga, imyenda n’ibindi byose bihabwa umusirikare cyane cyane uwo ku rwego rwa Jenerali,  bitari  ikimenyetso simusiga kimwemera kuva mu gisirikare ngo ajye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Sejusa yigeze kugaragaza ko ashaka kujya muri Politiki. Icyo gihe hari mu mwaka wa 2016 ubwo yitabiraga igikorwa cyo kwiyamamaza cyakozwe na Dr Kizza Besigye washakaga gutsinda Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Besigye yari yiyamamarije ahitwa Nakivubo.

Sejusa kandi yigeze kwitabira ibikorwa by’ishyaka ryitwa Democratic Party ry’umugabo w’umuhanga cyane witwa Norbert Mao.

Sejusa yabaye umwe mu basirikare bakomeye ba Uganda kuko yigeze no kuyobora ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda.

Uyu musirikare mukuru yavutse mu mwaka wa 1954 akaba ari umunyamategeko.

Sejusa bahimba Tinyefuza yabaye n’umujyanama wa Perezida Museveni mu byerekeye umutekano aba no mu buyobozi bukuru bw’ingabo za Uganda, UPDF.

Iby’uyu mugabo na Museveni bijya kuzamba byatangiye ubwo Tinyefuza yavugaga ko Perezida Museveni ari kuzamura umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba  mu mapeti n’icyubahiro mu rwego rwo kumutegurira kuzamusimbura ku butegetsi.

Hari mu mwaka wa 2013.

Ibi yabyise ‘Muhoozi Project’.

Nyuma Sejusa ntiyarebanye nezana  Perezida Museveni biza gutuma ahungira mu Bwongereza

Kuva icyo gihe kugeza n’ubu umubano hagati y’aba bagabo uhoramo igitotsi.

TAGGED:featuredMuseveniSejusaTinyefuzaUgandaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkingi Z’Umubano Wa Qatar N’u Rwanda Ntizijegajega
Next Article FARG Yaguriye i Nyaruguru n’i Gatsibo Mazutu Yo Kuzakoresha i Kigali: Ibibazo Muri Raporo y’Umuvunyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?