Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwemeje Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Urukiko Rwemeje Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari

admin
Last updated: 24 March 2021 10:52 am
admin
Share
Ubu ari mu butabera
SHARE

Urukiko Rukuru – Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi – rwemeje ko Paul Rusesabagina aburanishwa adahari, nyuma yo kurumenyesha ko atazongera kurwitaba.

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu Rusesabagina w’imyaka 66 atitabye urukiko, hasomwe raporo yakozwe na CSP Michel Kamugisha uyobora gereza ya Mageragere Rusesabagina afungiyemo, ivuga ko yanze kwitaba urukiko ku bushake.

Igira iti “Tubandikiye tubamenyesha ko Bwana Rusesabagina Paul yanze kwitabira iburanisha yahamagajwemo mu buryo n’inzira zemewe n’amategeko ku bushake bwe. Impamvu yagaragarije ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge, ni uko yabwiye urukiko ko atazongera kwitabira iburanisha ry’uru rubanza ku wa 12 Werurwe 2021.”

Nyuma yo kwiherera, urukiko rwagaragaje ingingo z’itegeko rigena imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, harimo iteganya ko “ukurikiranyweho icyaha cy’ubugome agomba kwitaba urukiko ubwe nta we umuhagarariye”, n’indi ivuga ko “uregwa atitabye nta mpamvu kandi yarahamagajwe mu buryo bukurikije amategeko, urukiko ruburanisha urubanza adahari.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umucamanza yavuze ko nyuma yo gusesengura izo ngingo zose, urukiko rusanga zigaragaza ko ari ihame ko uregwa icyaha cy’ubugome agomba ubwe kwitabira iburanisha, ariko igihe ataryitabiriye nta mpamvu, bitabuza ko urubanza ruburanishwa adahari.

Ni icyemezo kandi cyafashwe ku wa 18 Mata 2012 mu rubanza rwa Ingabire Victoire, aho urukiko rwemeje ko atari ngombwa kumuhatira kurwitaba, ko ariko amenyeshwa itariki urubanza ruzakomerezaho n’aho ruzabera.

Ni n’icyemezo cyafashwe no mu rubanza rwa Munyagishari Bernard wikuye mu rubanza rugakomeza, “rupfundikirwa atagarutse mu rukiko.” Cyanafashwe mu rubanza rwa Mugesera Leon “wivanye mu rubanza ariko nyuma aza kongera kwitabira iburanisha.”

Urukiko rwavuze ko ari n’icyemezo cyafashwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga mu rubanza rwa Nahimana Ferdinand na bagenzi be Jean Bosco Barayagwiza na Hassan Ngeze, rwemeje ko kwitabira iburanisha ari uburenganzira bw’uregwa, ariko ko iyo atabishaka bitabuza urubanza gukomeza “kuko kwitabira iburanisha atari ihame ntarengwa”.

Umucamanza yakomeje ati “Hashingiwe ku bimaze gusobanurwa no kuba Rusesabagina Paul atitabiriye iburanisha nta mpamvu ifatika yagejeje ku rukiko kandi yaramenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko umunsi w’urubanza, urukiko rusanga urubanza rugomba gukomeza kuburanishwa adahari, kuko ari we wivukije uburenganzira bwo kwitabira iburanisha ry’urubanza rwe.”

- Advertisement -

“Rusanga kandi igihe cyose atazaba yitabiriye iburanisha azajya amenyeshwa itariki urubanza ruzaberaho n’aho ruzabera akanamenyeshwa imigendekere y’urubanza. Runasanga igihe cyose iburanisha ry’urubanza ritarapfundikirwa, ari uburenganzira bwe bwo kuba yakwitabira iburanisha.”

Umucamanza yavuze ko nubwo Rusesabagina atitabye urubanza, yahawe ibyo yari akeneye byose ngo yitegure iburanisha birimo mudasobwa na dosiye yasabaga.

TAGGED:featuredFLNPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina Yanze Kwitaba Urukiko
Next Article Igenzura Ryerekanye Ko Hari Ubuki Bwinshi Ku Isoko Butujuje Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?